Yasambanyije ihene y' abandi biyiviramo urupfu nawe atabwa muri yombi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihugu cya Malaysia mu gace kitwa Kampung Sungai Buaya, hafi y'umurwa mukuru Kuala Lumpar, haravugwa inkuru y'umugabo w'imyaka 60 watawe muri yombi azira gusambanya ihene byaje kuyitera ibikomere biyiviramo gupfa.

Aya mahano yabaye mu kwezi gushize Tariki ya 27 Nyakanga 2021, ubwo uyu mugabo yacungaga ihene iri yonyine arangije ajya kuyisambanya, nyirayo yahageze atinze uyu mugabo ahita ahunga ariko yari yamaze kuyangiza byatumye ipfa nyuma.

Nkuko amakuru akomeza kugenda abivuga, umugore usanzwe ari nyiri iriya hene yumvise ihene ye irimo kwabira cyane ajya kureba icyo ibaye, Ahageze yabonye uyu mugabo yambaye ubusa hasi ari kuyisambanya gusa uko yagendaga amwegeraga yaje guhuza amaso n'uyu mugabo maze undi yirukanka akizwa n'amaguru.

Iyi hene ikimara gusambanywa n'uyu mugabo hashize umwanya ihita ipfa bitewe n'ibikomere yatewe n'uyu mugabo, Uyu mugore yamenye uwamwangirije ihene niko kujya kumurega ku biro bya polisi sa kumi n'ebyiri z'umugoroba w'uriya munsi nkuko byatangajwe n'umukuru wa polisi w'ako gace witwa Arsad Kamaruddin.

Uyu mugabo w'imyaka 60 y'amavuko ushinjwa icyaha cyo gusambanya ihene y'abandi bikayiviramo gupfa, yaje gufatwa ubwo yari yihishe mu bihuru ahita ajya gufungirwa mu gace Jaln Tengah.



Source : https://impanuro.rw/2021/08/04/yasambanyije-ihene-y-abandi-biyiviramo-urupfu-nawe-atabwa-muri-yombi/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)