Kudahaza umukunzi we byatumye anywa ibinini byongera imbaraga mu gutera akabariro , ubundi biramuhitana #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihugu cya Zimbabwe mu Cyumweru dusoje , havuzwe cyane inkuru y' umugabo w' imyaka 49 y' amavuko , wahitanwe n' ibinini yanyoye mu gihe yari agiye gutera akabariro n' umukunzi we.

Uyu mugabo witwa Shepherd Chiwara amakuru avuga ko byabereye mu Mudugudu wa Marowa mu gace ka Nyazura yapfuye ubwo yari mu rugo rw' umukunzi we , witwa Stella Mafarachisi , nyuma y' uko bari bamaze hafi amasaha atatu bari mu gikorwa cyo gutera akabariro.

Bivugwa ko uyu mukobwa ari we wabimenyesheje abapolisi mu masaha ya bukeye bwaho kandi nta mukino mubi ukekwaho mu rupfu rwa Chiwara.

Umuvugizi w'igipolisi mu ntara ya Manicaland, Assistant Inspector Wiseman Chinyoka, yemeje ibyabereye mu Mudugudu wa Maurendi mu ijoro ryo ku wa gatandatu ushize.

Yavuze: 'Turashobora kwemeza ko Shepherd Chiwara yasuye umukunzi we, Stella Mafarachisi kandi yamaranye igihe nawe mbere yuko bajya kuryama ahagana saa 11h.

Yakangutse ahagana mu gicuku yinubira ububabare bwo mu gatuza. Ubuzima bwe bwarushijeho kumera nabi apfa nyuma y'isaha imwe n'igice.

Mafarachisi yihutiye kujya kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyazura aho yatanze raporo. Nta bikomere byabonetse ku mubiri, kandi nta mukino mubi ukekwa mu rupfu rwe.'



Source : https://impanuro.rw/2021/11/01/kudahaza-umukunzi-we-byatumye-anywa-ibinini-byongera-imbaraga-mu-gutera-akabariro-ubundi-biramuhitana/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)