Minisitiri Dr Mujawamariya yagaragaje aho u Rwanda rugeze mu kugarura amashyamba - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri iyi nama habereye ibiganiro byahuje abayobozi batandukanye mu kurebera hamwe ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ibihugu bya Afurika byiyemeje yo kugarura amashyamba ku buso bugera kuri hegitari miliyoni 100 [African Forest Landscape Restoration, ARF 100].

Mu ijambo rye, Minisitiri Dr Mujawamariya yashimiye Ishami ry’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD) n’abandi bafatanyabikorwa ba Afurika mu rugamba rwo guteza imbere uyu mugabane hitabwa ku kurwanya iyangizwa ry’amashyamba.

Yavuze ko Afurika ifite urusobe rw’ibinyabuzima bitandukanye n’amashyamba abyarira inyungu abaturage. Yashimangiye ko kuri uyu mugabane hari amashyamba manini ku buryo nko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari amashyamba aza ku mwanya wa kabiri ku Isi mu bunini.

Ku rwego rw’Isi, Afurika yihariye 17% by’amashyamba ndetse na 31% by’ubuso buteyeho ibiti muri rusange.

Minisitiri Dr Mujawamariya ati “Ibi biragaragaza ko umugabane wacu ukomeje kwibanda ku kurinda uwo mutungo kamere w’amashyamba. N’ubwo bimeze bityo ariko, ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe zikomeje kugera kuri uwo mutungo kamere kandi tugomba gukoresha uburyo bwose bushoboka mu kuwurinda.”

Yakomeje agira ati “AFR100 ni umusanzu wo kugera ku ntego yo kuba twateye amashyamba ku buso bungana na hegitari miliyoni 100 mu 2030. U Rwanda ni umwihariko aho abaturage biyongera vuba ku kigero cya 2.7%, buri mwaka bigatuma kiba igihugu gifite ubucucike bw’abaturage ku Isi kuko ubu ku kiometero kimwe babarirwaho abaturage 477.”

Uyu munsi u Rwanda rufite abaturage barenga miliyoni 12 batuye kuri hegitari miliyoni 2,3 z’ubutaka mu gihe nibura 98% by’ubwo butaka buhinzeho bucungira ku mazi y’imvura.

Guverinoma y’u Rwanda yemeje burundu amasezerano mpuzamahanga yateguriwe gushyirwaho umukono i Bonn, bikaba ari amahirwe kuba muri AFR100 hongeye kuganirwa ku cyakorwa kugira ngo amashyamba akomeze kubungabungwa hitabwa ku guteza imbere ubukungu bw’ibihugu n’abaturage.

Minisiteri y’Ibidukikije igaragaza ko hegitari ibihumbi 800 z’ubutaka [zingana na 41% by’intego igihugu cyari cyarihaye] zimaze kongera guterwaho amashyamba kuva mu 2011.

Binyuze muri iyo gahunda yo kugarura amashyamba yari yarangijwe cyangwa yaratemwe, hahanzwe imirimo ibihumbi 186, iturutse mu gutera amashyamba no kuyatunganya kuva mu 2014 na 2020, aho abagore bahawemo akazi ari 60%. Ibi bikorwa byashowemo miliyari 560Frw, mu kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’i Bonn.

U Rwanda rwihaye intego y’uko mu 2030, ruzaba rwamaze gutera amashyamba ku buso bungana na hegitari miliyoni 100.

Minisitiri w'Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d'Arc, yavuze ko u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu gutera amashyamba menshi
Ibiganiro bya AFR100 byitabiriwe n'abantu batandukanye



source : https://ift.tt/3k2G0N6
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)