Uwayezu François Régis yasabye anakwa umukunzi we mu birori byitabiriwe n'abarimo Minisitiri Biruta (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibirori bya Uwayezu wasabye akanakwa Isaro byabaye ku wa 24 Ukuboza 2021, byitabirwa n'abarimo Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Dr Biruta Vincent n'Umujyanama wa Perezida Kagame mu by'umutekano, General Kabarebe James.

Uretse abo kandi ni ubukwe bwari bwitabiriwe n'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa, OIF, Mushikiwabo Louise.

Abandi bitabiriye ibi birori barimo abayobozi muri FERWAFA mu gihe umuhanzi Jules Sentore ariwe wasusurukije ababyitabiriye mu njyana gakondo ziganjemo iz'urukundo.

Byanitabiriwe n'inshuti n'imiryango y'aba bombi bari bateraniye mu busitani bwa Pinnacle Gardens buherereye ku Kimironko mu Karere ka Gasabo.

Biteganyijwe ko ubukwe bwo gusezerana imbere y'Imana hagati y'aba bombi buzaba ku wa 31 Ukuboza 2021.

Impapuro z'ubutumire zigaragaza ko gusezerana imbere y'Imana bizabera muri Lycee Notre Damme de Citeaux mu gihe nyuma y'iyo mihango, abatumiwe baziyakirira ku Irebero muri Heaven Garden.

Uwayezu na Isaro bakoranye muri FERWAFA kugeza ku wa 12 Nzeri 2021, ubwo Uwayezu yasezeraga ku mpamvu ze bwite.

Ni mu gihe Isaro Sonia we asanzwe ari Umunyamabanga wihariye wa Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.

Byari ibyishimo kuri Uwayezu nyuma yo kwemererwa n'imiryango ko azabana akaramata n'uwo yakunze, Isaro Sonia
General James Kabarere uri mu bitabiriye ubu bukwe yafashe ifoto y'urwibutso n'abageni
Ibirori bya Uwayezu na Isaro byanitabiriwe n'aboyobozi muri Ferwafa, ubanza ni Kamanzi Emery, agakurikirwa na Habyarimana Marcel ari nawe Visi Perezida Ferwafa
Imiryango y'aba bombi yari ifite akanyamuneza
Minisitiri Biruta yari mu bagiye gusabira umugeni Uwayezu
Umuhanzi Jules Sentore yashimishije abari bitabiriye umuhango wo gusaba no gukwa aho Uwayezu yasabaga Isaro bagiye kubana akaramata
Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Mushikiwabo Louise, uwa kabiri uturutse iburyo, nawe yari afite akanyamuneza ko kwitabira ibi birori
Uwayezu na Isaro bamaze no gusezerana imbere y'amategeko
Nyuma yo kwemererwa n'imiryango, abageni bahise bafata ifoto y'urwibutso n'abarimo Minisitiri Dr. Biruta
Byari ibirori binogeye ijisho
Isaro asanzwe akora muri Ferwafa
Abageni bari bafite akanyamuneza ku maso
Inshuti n'imiryango zari zitabiriye ibi birori



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uwayezu-francois-regis-yasabye-anakwa-umukunzi-we-mu-birori-byitabiriwe-n

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)