Kamonyi: Bane bagwiriwe n'ikirombe, umwe ahita apfa - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iki kirombe kitari kizwi n'ubuyobozi cyagwiriye abantu bane ku Cyumweru tariki 2 Mutarama 2021, umwe ahita apfa.

Aya makuru akimara kumenyekana, ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi bwihutiye guta muri yombi nyir'iki Kirombo bitewe n'uko yakoraga mu buryo butemewe.

Umuyobozi w'Akarere wungirije Ushinzwe Ubukungu n'Iterambere mu Karere ka Kamonyi, Niyongira Uzziel, yabwiye IGIHE ko batatu bagwiriwe n'iki kirombe bari kwitabwaho mu Bitaro bya Remera Rukoma anashimangira ko umurambo w'uwahasize ubuzima wo uri mu Bitaro by'aka karere.

Yagize ati ' Cyagwiriye bane, batatu barakomereka ubu bari kwitabwaho mu bitaro bya Remera Rukoma naho umurambo w'uwo umwe wahise ujyanwa mu bitaro by'Akarere kugira ngo hakorwe ibiteganywa n'amategeko.'

Yakomeje avuga ko Akarere ka Kamonyi kari mu bugenzuzi bwo kureba ibirombe bikora mu buryo bunyuranye n'amategeko kugira ngo babihagarike bitaratwara ubuzima bwa benshi.

Ubwo IGIHE yasuraga iki kirombe mbere y'uko kigwira abantu, bamwe mu bagikoramo bayibwiye ko babangamirwa n'uko nta bwishingizi bagira, nta n'ibikoresho nk'ingoferi bishobora kubafasha igihe bahuye n'impanuka.

Ikirombe cyagwiriye abantu bane, umwe ahasiga ubuzima
Abakora muri iki kirombe bari bamaze iminsi bagaragaza ko nta bwishingizi bagira



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-bane-bagwiriwe-n-ikirombe-umwe-ahita-apfa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)