Mali: Ambasaderi wu Bufaransa muri Mali yaha... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aka kanya, ibitangazamakuru hirya no hino ku isi birimo cyane cyane ibikorera ku mugabane w'Uburayi nka Rfi, France 24 ni yo nkuru biri kuvugaho cyane. Biranavugwa kandi ko ibi biratuma na Ambasaderi wa Mali mu Bufaransa nawe ahita ahabwa amasaha yo kuva mu gihugu cy'u Bufaransa.

Amakuru avuga ko n'ubwo hari hamaze iminsi hatari umwuka mwiza hagati y'ibi bihugu, imbarutso yabaye amagambo Jean-Yves Le Drian, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'Ubufaransa aherutse kuvuga ku buyobozi bushya bwa Mali, aho ubu buyobozi bumushinja kubwita ko 'busuzuguritse' kandi ko 'butemewe' n'amategeko, ibi kandi ubu buyobozi bugashinja Ubufaransa kutagira icyo bubikoraho.

Ibi kandi byatangajwe na tereviziyo y'igihugu ya Mali, bikaba bigaragaza urwego rushya mu ntambara ya diplomasi hagati ya Paris na Bamako.

Kuri uyu wa mbere, televiziyo ya Leta yatangaje ko abategetsi ba Mali biganjemo igisirikare bahisemo kwirukana ambasaderi w'Ubufaransa, kubera ubwiyongere bw'ibibazo bya politike bigenda birushaho kwiyongera hagati y'ibihugu byombi.

Umubano wa Mali n'Ubufaransa bwahoze buyikoroniza mu myaka yo ha mbere, watangiye kuzamo agatotsi kuva mu mwaka wa 2013 ndetse birushaho muri 2020 ubwo Nyakwigendera Ibrahim Boubacar Keita yavaga ku butegetsi.

Birashoboka ko nyuma y'ibi, Ubufaransa burakura n'ingabo zabwo muri Mali, igihugu cyagaragayemo ibibazo by'umutekano n'ibya Politike bikomeye guhera muri za 2012.

Ubuyobozi bwa Mali (bugizwe n'abasirikare) bwatangaje ko nta mpungenge kuba Ubufaransa bwakura ingabo zabo muri iki gihugu cyabo, ndetse banemeza ko Uburusiya bubafasha cyane mu by'intwaro haba mu bwiza no mu bwinshi bwazo n'ubwo kugeza ubu bagihakana kuba abasirikare b'Uburusiya baba bari ku butaka bwa Mali, nyamara bashinjwa kubinjiza muri iki gihugu mu buryo butemewe n'amategeko, Uburusiya bukabaha intwaro ku ngurane yo gucukura amabuye y'agaciro.

Joël Meyer yabaye Ambasaderi w'Ubufaransa muri Mali guhera tariki ya mbere Ukwakira 2018, ndetse tariki ya 26 z'uko kwezi nibwo yakiriwe na Nyakwigendera Ibrahim Boubacar Keita wari Perezida wa Mali icyo gihe. Yabaye Ambasaderi wa Mali avuye ku kuba Ambasaderi wa Mauritanie guhera mu mwaka wa 2014.







Source : https://inyarwanda.com/inkuru/114033/mali-ambasaderi-wu-bufaransa-muri-mali-yahawe-amasaha-72-yo-kuva-mu-gihugu-114033.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)