Umusore muto yakoze ubukwe n'umugore w'imyaka 51 ababyeyi be baramwamagana(AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi w'indirimbo zihimbaza Imana mugihugu cya Kenya, Guardian Angel,w'imyaka 32 yakoze ubukwe n'umukunzi we, Esther Musila w'imyaka 51, maze abo mu muryango we banga kubutaha bavuga ko yashatse umugore ushaje

Ubukwe bw'aba bombi bwabaye mu muhezo buba ku wa Kabiri taliki ya 4 Mutarama 2022,

Abinyujije kumbuga nkoranyambaga akoresha Guardian yagize ati: 'Kandi ku isabukuru yanjye y'amavuko, Imana yongeye kubikora. Mr & Mrs OMWAKA. #urukundo. '

Esiteri nawe yanditse agira ati 'kubona umuntu udasanzwe nkawe mu bantu bose bo ku isi ni ikintu ntigeze ntekereza. Reka dukorere hamwe ubu buzima. Mr & Mrs Omwaka '.'

Ni ubukwe bwavugishije abantu benshi mugihugu cya Kenya kubera ikinyuranyo cy'imyaka yabo.Uyu mugore asanzwe afite abana 3 yabyaranye nundi mugabo, iwabo w'uyu musore, umuryango wose wanze gutaha ubu bukwe nkuko bitangazwa n'ikinyamakuru Mpasho.

Bivugwa ko nyina w'uyu musore akimenya ko umuhungu we akundana n'uyu mugore yavuzeko atazigera akandagira murugo rw'umuhungu we ngo kuko yarongoye umugore bangana.



Source : https://yegob.rw/umusore-muto-yakoze-ubukwe-numugore-wimyaka-51-ababyeyi-be-baramwamaganaamafoto/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)