Bimwe mu byihutirwa bitegereje Dr Nsabimana muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku gicumunsi cyo kuwa 8 Gashyantara uyu mwaka,mu ngoro y'inteko ishinga amategeko y'u Rwanda nibwo Umukuru w'igihugu yakiriye indahiro z'abayobozi bashya muri Guverinoma barimo na Minisitiri w'ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest wasimbuye kuri uwo Mwanya Amb Claver Gatete.

Mu muhango w'ihererekanyabubasha no kumurikirwa ibijyanye n'inshingano ze wamuhuje n'uwo asimbuye kuri uwo Mwanya. Dr Ernest , yatangaje ko mu byo agiye kwibandaho ari Ukwihutisha iyubakwa ry'ibikorwaremezo no gushyira mu bikorwa ibikubiye mu cyerekezo cya Gahunda y'Igihugu yo kwihutisha Iterambere, NST1.

Amb Gatete wari umaze imyaka ine ayobora Minisiteri y'Ibikorwaremezo yavuze ko hari imishinga, irimo kubaka Ikibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Bugesera, imihanda ndeste no kugeza amazi n'amashanyarazi ku baturage.

Amb Claver Gatete Na Dr Ernest Mu muhango w'ihererekanyabufasha

Dr. Ernest Nsabimana Mbere yo kugirwa Minisitiri w'ibikorwa Remezo yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w'Urwego Ngenzuramikorere (RURA). Uyu mwanya yari yarawushyizweho mu Kuboza 2020 nyuma y'igihe cy'umwaka n'amezi atanu yari amaze ari Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Imiturire n'Ibikorwa Remezo.

Ni mugihe Amb. Claver Gatete Yabaye Minisitiri w'Ibikorwa Remezo guhera mu mwaka wa 2018, umwanya yagiyeho amaze igihe yari Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi guhera mu mwaka wa 2013 kugera muri 2018. Kugeza ubu akaba ari Ambasaderi mu muryango w'Abibumbye i New York.

IGIHE



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/ibiraje-ishinga-dr-nsabimana-muri-minisiteri-y-ibikorwaremezo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)