Umugore w'umukinnyi yarasiwe mu gitaramo ahita ahasiga ubuzima #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umugore w'umukinnyi w'umupira w'amaguru wa Paraguay, Ivan Torres yapfuye nyuma yo kuraswa mu mutwe ubwo yari mu gitaramo cy'umuziki mu murwa mukuru w'igihugu, Asuncion

Umugore w'uyu mukinnyi w'umunya Paraguay usanzwe ari yarashwe mugitaramo.

Cristina Vita Aranda, ufitanye abana batatu n'uyu mukinnyi wa Club Olimpia, Ivan Torres, yatangaje ko yapfuye nyuma gato yo kujyanwa mu bitaroyarashwe isasu mu mutwe.

Amakuru y'ibanze avuga ko uyu mukinnyi ukina inyuma ku ruhande rw'ibumoso, Torres, wahoze wa Paraguay wa U20, na we yari muri iki kirori kandi yafashije kwihutisha umugore we mu bitaro, nubwo uyu munyamideli nawe bari baherutse gutangaza ko bateganya gutandukana nyuma y'imyaka 10 bashakanye.

Biravugwa ko yafashwe mu masasu yarashwe mu gace ka VIP I Asuncion nubwo iraswa ryo ku cyumweru rikomeje gukorwaho iperereza n'abapolisi.

Umugabo witwa Marcos Ignacio Rojas Mora na we yapfuye,gusa amakuru ataremezwa nezaavuga ko umwicanyi yari agamije kurasa umucuruzi w'ibiyobyabwenge witwa Ederson Salinas Benitez.

Ivan yatangiye umwuga we mu ikipe ya Cerro Porteno yo muri Paraguay mbere yo gusinyira mukeba wayo Club Olimpia mu Kuboza 2014.

Amashusho ya tereviziyo y'aho yerekanaga umwe mu barashwe ajyanwe kwa muganga n'abashinzwe umutekano n'abatwara imbangukiragutabara mu gihe undi mugabo na we wakomeretse yasohowe n'abagabo babiri bamufasha kugenda.

Umuyobozi w'ibitaro bya Itaugua Nacional, Yolanda Gonzalez, yemeje urupfu rwa Cristina w'imyaka 29, ati: 'Yari yakomeretse cyane kandi bagerageje kumuzura nibura mu minota 25 nyuma yo guhagarara k'umutima we.Yapfuye nyuma yo kugerageza kurokora ubuzima bwe.





Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umugore-w-umukinnyi-yarasiwe-mu-gitaramo-ahita-ahasiga-ubuzima

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)