Ibi byatangajwe ubwo hatangizwaga umwiherero wa 18 uhuza Leta y'u Rwanda n'abafatanyabikorwa bayo, mu rwego rwo kurebera hamwe uko umwaka ushize wagenze ndetse no gufatira hamwe ingamba z'umwaka mushya.
Abafatanyabikorwa ba Leta bashimiye uko yitwaye mu guhangana n'icyorezo cya covid 19.
Dr. Fode Ndiaye, Umuhuzabikorwa w'amashami y'Umuryango w'Abibumbye mu Rwanda, yavuze ko uburyo u Rwanda rwitwaye muri iki cyorezo bushimishije.
Ati 'Leta yakoranye neza n'imiryango ishamikiye ku Muryango w'Abibumye irebana n'ubuzima mu guhangana na Covid-19 kuko u Rwanda rufite inzego zikora neza mu gucunga neza inkunga y'iterambere.'
Rolande Pryce Uhagarariye Banki y'Isi mu Rwanda, yashimiye uburyo u Rwanda rwagize uruhare mu kurengera ubuzima bw'abaturage n'ibikorwa by'ubucuruzi muri ibi bihe bitari byoroshye.
Ati 'Turashimira Leta y'u Rwanda kubera uburyo yitwaye mu guhangana n'icyorezo cya Covid-19. Nk'abafatanyabikorwa ba Leta, twabonye uko bafataga ingamba zatumye babungabunga ubuzima bw'abaturage ndetse n'ubukungu bwari bwahungabanye ubu bukaba buri kongera gusubira ku murongo, byose byavuye mu gukingira abantu benshi.'
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko Leta igifite intego yo gukomeza kuzamura ubukungu n'imibereho myiza by'abaturage.
Ati 'Tugiye gukomeza kurebera hamwe uko ubukungu buhagaze n'uko burimo kugenda busohoka mu ngaruka za Covid-19, tunareba uko twakubaka ubukungu bwihanganira ibibazo nk'ibyo twagize. Turifuza iterambere ry'ubuhinzi bukozwe kijyambere, urwego rw'abikorera bagira uruhare mu buhahirane n'Akarere, guhanga imirimo, kwita ku bidukikije n'ibindi.'
Biteganyijwe ko ubukungu bw'u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 6,8% mu 2022 na 8% mu mwaka utaha.
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwashimiwe-ku-buryo-rwahanganye-na-covid-19