Umwe yakoze impanuka: Kuki Super Manager n'um... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa 5 Mutarama 2022, INYARWANDA yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti 'Super Manager w'imyaka 23 n'umugabo wa Mukaperezida mu basore 300 bashaka ikamba rya Mr Rwanda.'

Abakoresha imbuga nkoranyambaga babiteyemo urwenya, bavuga ko Super Manager adafite imyaka 23 y'amavuko, abandi bavuga ko Kwizera Evariste atakwemererwa kwitabira irushanwa kubera ko afite umugore.

Super Manager azwi nk'umuhanzi ariko kandi ugaragara cyane binyuze mu biganiro bitandukanye agirana na shene za Youtube. Ajya anyuzamo akiyita 'umwami wa Youtube'.

Kuva mu 2020 yavuzwe mu igura n'igirusha ry'abakinnyi, guhangana n'abamwibasira mu biganiro bitandukanye n'ibindi.

Ni umwe mu bantu bazwi mu Rwanda basinyira amafaranga yo kwamamaza ibigo bitandukanye atavugwaho rumwe.

Kwizera Evaritse yavuzwe cyane mu itangazamakuru kuva muri Gashyantare 2019 ubwo hasakaraga inkuru y'urukundo rwe na Mukaperezida.

Amajonjora ya mbere ya Mister Rwanda yabaye ku wa 25 Werurwe 2022 mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y'Iburasirazuba; akomeza ku wa 26 Werurwe 2022 mu Karere ka Musanze, aho hamenyekanye abasore baserukiye Amajyaruguru n'Uburengerazuba.

Yakomeje ku wa 29 Werurwe 2022 mu Karere ka Huye mu Ntara y'Amajyepfo, arangirira mu Mujyi wa Kigali ku wa 30 Werurwe 2022.

Mu kiganiro na INYARWANDA, Super Manager yavuze ko yari yiteguye kwitabira iri rushanwa ariko bitewe n'umubare w'abafana be yavuganye n'abategura irushanwa bamubwira ko byashyira igitutu ku bandi basore, bamwemerera ko azahatana ku munsi wa nyuma w'iri rushanwa (Final).

Bivuze ko yatsinze amajonjora adahatanye. Ati 'Urabona Mister Rwanda abayitabiriye bose byaje kumenyekana ko ari abafana banjye, hanyuma akanama kari gashinzwe guca imanza barambwira bati wowe ubonye gukomeza [Pass] bidasubirwaho, bitewe n'uko ushobora kuza ugateza impagarara.'

Akomeza ati 'Nabonye gukomeza bidasubirwaho, ariko sinemerewe no kujya muri Boot Camp barambwiye bati kujya muri Boot Camp nabyo byateza ikibazo, ugasanga abantu baririrwa bakurikira ibyo utangaza aho kugira ngo bite kucyabajyanye. Bati 'rero kubera ibyo, Super Manager abonye guhatana bidasubirwaho akazaba ari muri babandi bazahatana kuri final.'

Mu mpe z'icyumweru gishize, Kwizera Evariste yakoze impanuka ikomeye we n'umugore we ubwo imodoka yabagongaga ibasanze aho bari bicaranye n'abandi bantu.

Kwizera avuga ko impanuka yakoze ari yo yatumye atabasha kwitabira iri rushanwa yiyamamarije muri Kigali, ariko ko yari yabanje gutekereza kujya mu Karere ka Rwamagana.

Yabwiye INYARWANDA ati 'Nakoze impanuka ikomeye, bituma ntabasha kwitabira iryo rushanwa. Gusa, nari nabanje gutekereza kujya Rwamagana.'

Umunyamakuru wa Isibo Tv, Peacemaker utarabashije kwitabira iri rushawa yabwiye INYARWANDA ko yasanze iri rushanwa rifite amakamba make ahitamo kuzahatana umwaka utaha nibayongeramo.

Ati 'irushanwa rifite amakamba make kandi ndashaka kuzatwara nk'abibiri icyarimwe, Mister Popularity na Mr Photogenic.'
Ikindi uyu munyamakuru avuga ko yasanze izina rye riri hejuru cyane ku buryo byari kuba ngombwa ko 'ahubwo banyishyura nkaryamamaza'.

Anavuga ko iri rushanwa Abanyarwanda batararyakira neza, ko nirimara gutera imbere ashobora kuzaryitabira. Ati 'Nasanze rikiyubaka kuburyo nzarisubiramo nirimara kwiyubaka.'

Kugeza ubu, abasore 77 bahagarariye Intara enye n'Umujyi wa Kigali. Umusore uzegukana ikamba rya Mister Rwanda azahabwa imodoka ifite agaciro ka miliyoni 10 Frw n'inzu yo kubamo mu gihe cy'umwaka umwe.

Azahabwa kandi internet yo gukoresha mu gihe cy'umwaka azahabwa na Mango 4G, ndetse azanahembwa 'smart phone' na Mango 4G.

Igisonga cya mbere [1st Runner Up] azahabwa internet azakoresha mu mwaka na Mango 4G ahabwe na 'router' imufasha kubona internet.

Igisonga cya kabiri [2nd Runner Up] nawe azahabwa internet azakoresha mu gihe cy'umwaka umwe na 'router'.

Umusore ukunzwe mu irushanwa [Mister Popularity] azahembwa internet y'umwaka ndetse na 'Smart Phone' izatangwa na Mango 4G.


Super Manager yatangaje ko azahatana ku munsi wa nyuma w'irushanwa rya Mister Rwanda 

Kwizera Evaritse yavuze ko yakoze impanuka bituma atiyamamaza muri Mister Rwanda

 

Mbarubukeye Peacemaker yavuze ko irushanwa ritari ku rwego rwe

KANDA HANO UREBE UKO ABASORE BAHATANYE MURI KIGALI

">



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116038/umwe-yakoze-impanuka-kuki-super-manager-numugabo-wa-mukaperezida-batitabiriye-mister-rwand-116038.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)