Miss Keza Joannah yasutse amarangamutima atak... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu butumwa yasangije abamukurikira buherekejwe n'amafoto y'ubukwe bwabo, yagize ati: 'Umwaka ushize ku munsi nk'uyu nagusezeranije kugukunda, ngutetesha, nkubaha kandi no kugufasha mu buzima nsigaje ku isi.'

Amaze kugaruka ku isezerano yagiranye n'uwo yiyeguriye iteka, Joannah yongeyeho uko kubana na we none bimumereye none ati: 'Umwaka w'ibyishimo, amahoro n'urukundo rwinshi, Imana iduhe indi myaka myinshi nk'iyi turi kumwe.'

Yongera kandi gushimangira ibyishimo n'ishimwe aterwa n'umugabo we ati: 'Warakoze kuba uw'igikundiro, umwunganizi kandi unyumva, hejuru ya byose kuba se wa Tona, isabukuru nziza kuri twe ndagukunda mugabo mwiza.'

Kuwa 13 Ugushyingo 2021 akaba aribwo Bagwire Joannah na Murinzi Michael baseranye kubana akaramata, kuri ubu bakaba bafitanye umwana umwe.

Mu busanzwe Keza Joannah ni umunyamakuru wa Kiss FM yagezeho nyuma yo gukorera ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru, RBA.

Ari mu bari n'abategarugori bahiriwe n'amarushanwa y'ubwiza yitabiriye mu mwaka wa 2015, akaza kwegukana ikamba rya Miss Heritage ryanatumye ahagararira u Rwanda muri Miss Heritage Global muri uwo mwaka akanegukana ikamba ry'Igisonga cya 4.

Joannah ari mu bari n'abategarugori bahagaze neza mu myidagaduro nyarwandaUmwaka urashize biyemeje kubana akaramataImana yamaze kubaha imbuto y'umwana 



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/122828/miss-keza-joannah-yasutse-amarangamutima-ataka-umugabo-we-bamaranye-umwaka-122828.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)