Perezida Weah yibasiwe cyane nyuma yo gusiga igihugu akigira kureba igikombe cy'isi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abatavuga rumwe na leta muri Liberiya baneguye perezida w'icyo gihugu,George Weah, bamushinja kumara igihe kirekire atakirimo.

Bakomeje kwibaza niba igihugu kirimo kuyoborerwa mu mahanga.

Perezida George Weah aheruka muri Liberiya mu mpera z'ukwezi kwa cumi: Yagiye mu bihugu bitandukanye birimo Qatar, aho yagiye kureba umuhungu we mu gikombe cy'isi cy'umupira w'amaguru.

Umuhungu wa Weah akinira ikipe y'Amerika,yaraye isezerewe n'Ubuholandi ku bitego 3-1.

Umunyapolitike witwa Lewis Browne yagize ati: ' George Weah yerekanye ko ari simbibazwa, agurana igihugu ycose kujya kureba mikino.'

Uwo munyapolitike yashinje Weah gukoresha amafaranga y'igihugu mu buzima bwe bwite.

Biteganyijwe ko Perezida George Weah agaruka mu gihugu cye tariki 18 z'uku kwezi kwa 12.

IJWI RY'AMERIKA



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/perezida-weah-yibasiwe-cyane-nyuma-yo-guta-igihugu-akigira-kureba-igikombe-cy

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)