Umukinnyi wa Argentina yaguze imbwa ihenze cyane ngo irinde umudali we w'igikombe cy'isi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyezamu wa Argentina,Emiliano Martinez yatanze ibihumbi 20,000 by'amapawundi agura imbwa yo kumurindira umudari yegukanye mu gikombe cy'isi kugira ngo utibwa cyangwa ngo wangizwe .

Iyi mbwa yakoreshejwe n'igisirikare cya US Navy na SAS mu ntambara, ni kabuhariwe mu kurinda umutekano.

Uyu wari umunyezamu wa mbere wa Argentina,yafashije igihugu cye kwegukana iki gikombe cy'isi gutsinda Ubufaransa ku mukino wa nyuma banganyije ibitego 3-3 hanyuma agakuramo penaliti 4-2 batsinze.

Uyu yaje gutorwa nk'umunyezamu w'irushanwa ndetse atabara Argentina akuramo igitego cyo ku munota wa nyuma w'inyongera cyari kigiye gutsindwa na Randal Kolo Muani.

Imyitwarire ye nyuma yo kwegukana iki gikombe cy'isi no gutwara igipupe yashyizeho isura ya Mbappe byarakaje abafana baramwibasira ariko ntibyamubujije kugura iyi mbwa ngo irinde uyu mudali.

Iyi mbwa ikaze cyane,izajya irinda umuryango we ugizwe n'umugore we n'umwana hanyuma inarinde uyu mudali.

Iyi mbwa ifite ibiro 30 yayiguze na ba kabuhariwe mu kugurisha imbwa abakiriya bihariye.

Aba bagurishije imbwa abarimo Hugo Lloris wa Tottenham,myugariro wakiniye Chelsea na Arsenal ariwe Ashley Cole na Tyson Fury ukina iteramakofe.



Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umukinnyi-wa-argentina-yaguze-imbwa-ihenze-cyane-ngo-irinde-umudali-we-w

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)