Amerika Yemeye akayabo k'Amafaranga ngo ikomeze icyo yise Demokarasi ku Isi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Perezida wa leta zunze ubumwe z'Amerika, Joe Biden, yaraye atangije inama ku nshuro ye ya kabiri , igamije kwiga ikibazo cya demokarasi ku isi.

Yemeye ko leta zunze ubumwe za Amerika izokoresha imiriyoni 690 z'amadorari mu mwaka utaha hagamijwe gutiza imbaraga gahunda zishyigikira ubwisanzure ku isi.

Ibiro by'umukuru w'igihugu muri Amerika , White House, byatangaje ko Amerika yifuza ko ikorana buhanga rikoreshwa mu guteza imbere demokarasi.

Muri iyo nama,Aba minisiteri b'intebe mu bihugu 8 by'Uburayi basinye ku nyandiko igenewe abakuru b'ibigo bifite imbuga nkoranya mbaga kujya bihutira guhagarika ubutumwa bwose bw'ibinyoma.

Abategetsi basinye iyo nyandiko ni abo muri Ukraine, Moldaviya, Polonye, Repuburika ya Cekoslovakiya, Estoniya, Latviya, Lituwaniya, na Slovakiya.

Iyi nama yo guhagurukira demokarasi yateguwe n'Amerika, ibaye mu gihe za reta Amerika ivuga ko ziyoboza igitugu ariko zigahabwa zigahabwa urubuga rwo kwigisha imigambi yazo.
Itanga urugero ku Burusiya bumaze amezi 13 bwarateye Ukraine, ndetse n'Ubushinwa bafitanye umubano wihariye.

Perezidanse y'Amerika yavuze ko mu gihe ayo mafaranga yakemerwa n'inteko ishinga amategeko ,azokoreshwa muri porogaramu zishyigikira ubwigenge bw'ibitangazamakuru.

Azokoreshwa kandi no mu kurwanya ruswa , guharanira uburenganzira bw'ikiremwa muntu, guteza imbere ikorana buhanga riteza imbere demokarasi no gushyigikira amatora atagira abo akumira.

(VOA News)



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/amerika-yemeye-akayabo-k-amafaranga-ngo-ikomeze-icyo-yise-demokarasi-ku-isi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)