Gen Muhoozi yahaye ubutumwa bukomeye abashoramari bashyigikiye ubutinganyi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

General Muhoozi Kainerugaba yabwiye abavuze ko bagiye kuva muri Uganda kubera umushinga w'itegeko watowe wo guhana abatinganyi, ababwira ko azabafasha kuzinga ibikapu.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda ari mu bashyigikiye itegeko rihana abatinganyi ndetse yifuza ko bahanwa bikomeye.

Nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko itoye umushinga w'itegeko rihana ubutinganyi, General Muhoozi abinyujije kuri Twitter, yavuze ko yumvise ko hari 'kompanyi z'abanyamahanga (sinanazizi) zifuza kuva mu Gihugu kuko hatowe umushinga wo kurwanya ubutinganyi.'

Gen Muhoozi yakomeje agira ati 'Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy'umugisha! Uganda ni Igihugu cy'Imana!'

Ku wa Kabiri w'iki Cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatoye umushinga w'itegeko riteganya ibihano bikarishye ku baryamana bahuje ibitsina, n'abakora ibikorwa bibyerecyeyeho.

Ni umushinga washyigikiwe n'Abadepite benshi ndetse n'abandi banyapolitiki bo muri Uganda, biganjemo abagabo bavuze ko batumva impamvu umugabo ashobora kwifuza kuryamana n'umugabo mugenzi we, nyamara ntakintu kiryoha kibaho nko kuryamana n'umugore.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu byumweru bibiri bishize, Muhoozi yari yagize ati 'Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n'abagore, abagore na bo bakabana n'abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.'



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/gen-muhoozi-yahaye-ubutumwa-bukomeye-abashoramari-bashyigikiye-ubutinganyi

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)