Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy'imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusuwisi, Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Isi, FIFA mu gihe cy'imyaka ine iri imbere ni ukuvuga hagati ya 2023 kugeza 2027.

Uku gutorerwa kuyobora FIFA bibaye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane mu nama y'intekorusange ya 73 irimo kubera mu Rwanda mu nyubako ya BK Arena.

Gianni w'imyaka 52 y'amavuko yemejwe nk'umuyobozi mushya wa FIFA nyuma yaho yari umukandida rukumbi kuri uyu mwanya bityo bimuhesha kuba umuyobozi wayo mu mwaka ine iri imbere.

Akimara gutorerwa kuba Perezida wa FIFA, Infantino yashimiye abantu bose bagaragaje ko bamushyigikiye, yemeza ko azakomeza guteza imbere ruhago ku Isi.

Ati 'Nzakomeza kwitangira FIFA, nzakomeza kwitangira umupira w'amaguru hagamijwe iterambere ryawo ku Isi yose.'

Gianni Infantino wiyamamaje mu kwezi kwa Nzeri 2022 abaye Perezida wa 9 wa FIFA, aho agiye kuyobora iyi mpuzamashyirahamwe kuri manda ya gatatu kuko yatangiye kuyiyobora guhera mu mwaka wa 2016.

The post Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy'imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/gianni-infantino-yongeye-gutorerwa-kuyobora-fifa-mu-gihe-cyimyaka-ine-iri-imbere-ni-amatora-abereye-muri-bk-arena/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=gianni-infantino-yongeye-gutorerwa-kuyobora-fifa-mu-gihe-cyimyaka-ine-iri-imbere-ni-amatora-abereye-muri-bk-arena

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)