Goma: Ingabo za Uganda ziriyongera kuzindi za EAC ziri muri kongo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Itsinda ry'abasirikare rya Uganda (UPDF) ziragera I Goma muri Kivu ya Ruguru mu mpera z'uku kwezi kwa werurwe 2023.

Ziraba zije Kongera umubare w'abasirikare wagenywe n'abakuru b'ibihugu by'afurika y'iburasirazuba ngo zihangane n'ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro igamije amahoro hagati ya M23 n'ubutegetsi bwa Congo.

Mu itangazo ryaraye risohowe n'abakuriye iryo tsinda rya Gisirikare muri Uganda ubwo bagiranaga ibiganiro na Guverineri wa Kivu ya ruguru (lieutenant général Constant Ndima.

Ikigenza igisirikare cya Uganda muri Kivu ya Ruguro ngo nukwambura intwaro imitwe izitunze binyuranije n'amategeko no kugira uruhare mu kugarura amahoro muri icyo gice.

Ibice byahawe uruhande rwa Uganda ni zone yose ya Rutshuru nkuko byemejwe n'ukuriye itsinda ry'igisirikare UPDF colonel Michael Walaka,ari kumwe na abakuru ba état-major b'igisirikare cya EAC.

Aba bategetsi bahise bahamagarira abaturage b'intara kubatiza amaboko bagashya abababuza umutekano n'iterambere rirambye binyuze mu gutanga amakuru n'ubundi bufasha bushoboka bwose.

Ingabo za EAC zamaze kugera muri Congo ubu, n'iza Kenya n'Uburundi bahawe Teritoire ya Masisi na Rutshuru.

R.okapi



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/goma-ingabo-za-uganda-ziriyongera-kuzindi-za-eac-ziri-muri-kongo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)