Indege ebyiri za gisirikare zagonganiye mu kirere benshi bahasiga ubuzima #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Hitezwe ko umubare w'abapfuye ukomeza kwiyongera nyuma y'aho indege ebyiri za gisirikare zigonganiye hafi y'ikigo cya Fort Campbell,abantu icyenda bagahita bahasiga ubuzima.

Indege ebyiri za HH60 Blackhawks zo muri 101st Airborne Division (Air Assault) zagonganye ubwo zakoraga imyitozo ahagana mu ma saa yine z'ijoro ryo kuri uyu wa gatatu (29 Werurwe) ahitwa Trigg, Kentucky muri Amerika.

Nk'uko byatangajwe na Brendalyn Carpenter-Player, ushinzwe ibikorwa rusange muri Fort Campbell, ngo abahamagawe bwa mbere berekeje i Fort Campbell muri Kentucky vuba na bwangu, kugira ngo barebe uko byagenze.

Guverineri Andy Beshear,yavuze ko hari amakuru mabi cyane aturuka Fort Campbell aho indege ebyiri za gisirikare zagonganye ndetse ko haratangazwa abapfuye benshi.

Amakuru avuga ko kubera iyi mpanuka abantu benshi bapfuye ndetse hari abarembeye mu bitaro nabo bashobora kutarokoka.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/indege-ebyiri-za-gisirikare-zagonganiye-mu-kirere-benshi-bahasiga-ubuzima

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)