Kenya: Ubutegetsi buvuga ko igihugu kiri kwinjira mu kaga k'imyigaragambo ku munsi wayo wa 3 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri Kenya, uyu n' umunsi wa gatatu hari kuba imyigaragambyo yatangijwe n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi mu mugi wa Nairobi no mu bindi bice by'igihugu.

Umusaza umaze imyaka myinshi muri poritike, Raila Odinga, yiyemeje ko buri cyumweru bazajya bigaragambya mo inshuro ebyiri zose

Arigaragambiriza izamuka ry'ibiciro ku biribwa by'ibanze muri Kenya , akanasaba ko ahabitse amajwi y'amatora yabaye mu mwaka ushize hakingurwa ngo bakore igenzura ko atibwe.

Ayo matora yasize agize William Ruto Perezida wa Kenya , intsinzi yemejwe n'urukiko rw'ikirenga nyuma yo gutesha agaciro k'ibirego bya Raila Odinga washinjaga ko yibwe.

Kugeza ubu muri Kenya umutekano wakajijwe cyane kun go z'abatavuga rumwe n'ubutegetsi.

Abapolisi nabo bashyizwe ku bwinshi mu mugi wa Nayirobi ngo barinde ubucuruzi.ariko ntibyabujije bamwe kwanga gukingura amaduka batinya umutekano w'ibintu byabo.

Umukuru w'igihugu cya Kenya Willian Ruto yatashye n'indege avuye mu rugendo rw'iminsi ine yarimo i Buraya.avuga ko atiteguye kuganira na Odinga kiretse ibiteganywa n'itegeko nshinga ry'igihugu cye.
BBC



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/kenya-ubutegetsi-buvuga-ko-igihugu-kiri-kwinjira-mu-kaga-k-imyigaragambo-ku

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)