RDC: Abaturage basaga 1 600 000 bakuwe mu byabo n'imirwano muri Ituri #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi HCR watangaje ko umaze kugira umubare munini w'impunzi kubera imirwano ikomeje gushyamiranya ingabo z'igihugu FARDC n'inyeshyamba za M23

Intara ya ituri yonyine irabarura miriyoni imwe n'ibihumbi maganatandatu by'impunzi(1 600 000) nk'uko byatangajwe na Comiseri mukuru wa agashami gashinzwe impunzi ku isi muri L'ONU.

Umuyobozi umwungirije ushinzwe kurinda impunzi, Pierre Atchom, yavuze ko hakenewe ingamba zihamye ngo ikibazo cy'impunzi kibonerwe umuti.

Uyu yatangaje ibi nyuma yo gusura impunzi zaturutse Bunia mu gace kayo ka Rho,muri teritwari ya Djugu.yemeje ko bugarijwe n'inzara kubera inkunga y'ibiribwa yagabanutse.

Impunzi mu burasirazuba bwa Congo zikomeje gutaka inzara ,ari nako akaga kintambara hagati y'igisirikare cy'igihugu na M23 ibugarije kandi isa nitazarangira vuba.

Ku bimeze , ni ko HCR iheraho itabaza imiryango mpuzamahanga n'abafite umutima wo gufasha kwerekeza amaso ku mbaga y'abaturage bugarijwe n'ibyago by'intambara muri icyo gice.

Uruzinduko rw'impuguke za l'ONU rwaburiye amahanga kwitegura no kwitwararika akaga k'inzara kazagwira intara ya Ituri nayo yugarijwe n'intambara.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/rdc-abaturage-basaga-1-600-000-bakuwe-mu-byabo-n-imirwano-muri-ituri

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)