Umugabo ufite ubumuga bwo kutabona yishe umugore we washakaga ko batandukana #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Urukiko rw'ibanze muri Ghana rwemeje ko umugabo w'imyaka 71 ufite ubumuga bwo kutabona, George Mudor, yishe umugore we asinziriye.

Ku ya 14 Werurwe 2023, Bwana Mudor yishe umugore we, Madam Grace, ufite imyaka 65, akoresheje umuhoro, ahitwa Abepotia hafi ya Nkawkaw mu Burasirazuba, muri Ghana.

Uyu wishwe,ngo yari urambiwe kwita ku mugabo we utabona, ndetse ngo yamubwiye ko azasaba ubutane.

Ukekwa,wabaye impumyi mu myaka itanu ishize, yahise amuca umutwe mu rukerera rwo ku ya 14 Werurwe ubwo yari asinziriye.

Ukekwaho icyaha yavuze ko yasangiye n'uyu mugore we w'imyaka 28 imigisha yose mu buzima bwabo ariko yababajwe nuko yamuteye ubwoba ko bazatandukana igihe ibintu byari bibaye bibi, akaba ari yo mpamvu yamwishe.

Abakodesha hamwe n'uyu mugabo bemeje ko uyu mugabo ufite ubumuga bwo kutabona yagambiriye kwica uyu mugore we mu ibanga nyuma yo kumubwira ko azamusiga.

Mu rukiko,uyu mugabo yemeye ko yishe umugore we kubera icyemezo yafashe cyo gusaba gatanya asaba imbabazi.

Umuvandimwe wa nyakwigendera, Samuel Aliffo, yavuze ko batunguwe n'igikorwa cy'uyu ukekwaho icyaha maze basaba ko ubutabera bwatangwa.

Biteganijwe ko Bwana Mudor yitaba urukiko ku ya 5 Mata 2023.



Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-ufite-ubumuga-bwo-kutabona-yishe-umugore-we-washakaga-ko-batandukana

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)