Ariko birahenze! Igisubizo cyabonetse ku basore n'abagabo bagufi bifuza kongera uburebure - YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihe byari bizwi ko abagore aribo bongeresha ibibuno ndetse n'amabere, kuri ubu hari ubuvuzi buri gutera imbere bugenewe abagabo n'abasore bagufi aho babagwa amaguru bashaka kuba barebare.

Iyi serivisi yo gushaka kungera uburebure irahenze nk'uko bitangazwa na Dr. Shahab Mahboubian ukora mu kigo gitanga iyi serivisi ahitwa Burbank muri Leta ya California.

Dr. Shahab yavuze ko iyi serivisi itangwa ku bantu b'igitsina gabo b'ingeri zose, yishyurwa miliyoni 75 z'amanyarwanda kugira ngo ikorwe.

Ku mubago bikorwa ku kirenge, aho abaganga bakata amagufa y'imirundi ku maguru yombi maze bagasesekamo utwuma.

Hagati y'amezi atatu n'ane uwabazwe, buri munsi twa tuma tugenda tuzamurwaho santimetero imwe y'uburebure hifashishijwe 'télécommande' ikoresherezwa hanze y'umubiri maze igufwa rishya rigakurira hejuru y'utwo twuma, umwaka washira ugasubira kwa muganga bagakuramo twa twuma.



Source : https://yegob.rw/ariko-birahenze-igisubizo-cyabonetse-ku-basore-nabagabo-bagufi-bifuza-kongera-uburebare/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)