Burundi: Birukanye muri Komini umugore bamushinja kubatwarira abagabo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukuru w'intara ya Muyinga mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw'u Burundi yahagaritse icyemezo cy'imwe muri komine zaho ya Butihinda cyo kwirukana ikubagahu muri iyo komine umugore witwa MUKESHIMANA Aniella,bagenzi be bashinja ko abatwarira abagabo.

Ku mbuga nkoranyambaga ibaruwa iriho umukono wa Gilbert Ndikumasabo, umukuru wa Komine Butihinda, yahererekanyijwe cyane kuva mu gitondo cya none kuwa kane.

Iyi baruwa itegeka umukuru w'umutumba wa Kamaramagambo aho abo bagore batuye, kubahiriza icyemezo cyo kwirukana uwo mugore, uvuka mu ntara ya Karusi ituranye na Muyinga, akava muri iyi komine bitarenze ejo kuwa gatanu.

Ndikumasabo avuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko aregewe n'abandi bagore bo kuri uwo mutumba ko uwo bashinja 'abatwara abagabo', uyu mutegetsi akavuga ko basanze uwo mugore 'afite intego yo gusenya ingo z'abubakanye.

Umukuru w'intara ya Muyinga mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw'u Burundi yahagaritse icyemezo cy'imwe muri komine zaho ya Butihinda cyo kwirukana ikubagahu muri iyo komine umugore abandi bashinja ko abatwarira abagabo.

Ku mbuga nkoranyambaga ibaruwa iriho umukono wa Gilbert Ndikumasabo, umukuru wa Komine Butihinda, yahererekanyijwe cyane kuva mu gitondo cya none kuwa kane.

Iyi baruwa itegeka umukuru w'umutumba wa Kamaramagambo aho abo bagore batuye, kubahiriza icyemezo cyo kwirukana uwo mugore, uvuka mu ntara ya Karusi ituranye na Muyinga, akava muri iyi komine bitarenze ejo kuwa gatanu.

Ndikumasabo avuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko aregewe n'abandi bagore bo kuri uwo mutumba ko uwo bashinja 'abatwara abagabo', uyu mutegetsi akavuga ko basanze uwo mugore 'afite intego yo gusenya ingo z'abubakanye.

BBC



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/burundi-birukanye-muri-komini-umugore-bamushinja-kubatwarira-abagabo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)