Huye: RIB yatangiye gushakisha nyiri ikirombe cyaguyemo abantu batandatu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubuyobozi bw'Akarere ka Huye bwatangaje ko Urwego rw'Ubugenzacyaha rwatangiye iperereza ku bari inyuma y'abagwiriwe n'ikirombe cy'amabuye y'agaciro cyo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.

Iminsi itanu irashize abagabo batandatu bagwiriwe n'ikirombe ndetse kugeza n'uyu munsi ntibaraboneka.

Amakuru avuga ko iki kirombe cyari kimaze imyaka ine gicukurwamo ibyo abaturage bita amabuye y'agaciro ariko ubuyobozi butabizi.

Aba bantu batandatu baguye muri iki kirombe cy'amabuye y'agaciro giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.

Hari hamaze iminsi hakoreshwa imashini eshatu gushakisha aba bantu arikohazanwe n'iya gatatu kugira ngo imibiri y'aba bantu ishakishwe.Izi zikora zikora ijoro n'amanywa.

Iki gikorwa bigaragara ko kigoye, kuko abaturage muri aka gace bavuga ko uburebure bw'umwobo abo bantu baguyemo ufite metero 100 z'ubujyakuzimu, ikintu gishobora gukomerera abari gushakisha abo bantu.

Ikigo gishinzwe mine, peteroli na gaz mu Rwanda cyatangaje ko kitaramenya umuntu wakoreraga ubucukuzi mu kirombe cyaguyemo abantu 6 mu Karere ka Huye.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/huye-rib-yatangiye-gushakisha-nyiri-ikirombe-cyaguyemo-abantu-batandatu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)