Perezida wa Uganda yinjiye mu kibazo cy'amabati yageneye abatuye Karamoja akanyerezwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri Werurwe uyu mwaka Urwego Rushinzwe Iperereza ku byaha muri Uganda rwatangije iperereza ku baminisitiri 22, abadepite 31 ndetse n'abayobozi 13 bakekwaho kugabagabana ariya mabati.

Amabati abarirwa mu 10,000 ni yo bivugwa ko yaburiwe irengero. Ni nyuma yaho mu mwaka wa 2021 Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yemeje Ingengo y'Imari ingana n'amadorari miliyoni imwe yari agenewe gufasha abatuye agace ka Karamoja.

Mu mfashanyo bagombaga guhabwa harimo amabati abarirwa mu 100,000.

Perezida Museveni mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w'Intebe, Robinah Nabbanja, yategetse ko Abaminisitiri batwaye amabati bayagarura bakayashyikiriza ibiro bya Minisitiri w'Intebe.

Guverinoma ya Uganda ibinyujije kuri Twitter yayo yavuze ko Museveni yanategetse ko Minisitiri ushinzwe akarere ka Karamoja, Mary Goretti Kitutu, yishyura amafaranga ahwanye n'umubare w'amabati yaburiwe irengero.

Uyu Muminisitiri na musaza we kuri ubu bafungiye muri gereza ya Luzira i Kampala bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwiba ariya mabati.

Minisitiri Kitutu uheruka kwitaba Inteko Ishinga Amategeko n'Urwego rw'iperereza bikarangira aruciye akarumira, we ubwe ashinjwa kunyereza amabati abarirwa mu 5,500.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/perezida-wa-uganda-yinjiye-mu-kibazo-cy-amabati-yageneye-abatuye-karamoja

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)