Rusizi: Umunyamakuru wa Country FM yatabarije kuri micro ko badaheruka guhembwa - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Amajwi y'uyu munyamakuru yasakajwe hirya no hino mu mbuga za WhatsApp avuga ko abanyamakuru ari bo bakorera ubuvugizi rubanda ubu nawe akaba ahisemo kwikorera ubuvugizi.

Aganira na IGIHE yagize ati 'Icyatumye mfata kiriya cyemezo nabogana mu nzu bimeza nabi ndi guseba muri rubanda ndibaza nti niba umunyamakuru akorera abandi ubuvugizi kuki njye nakomeza kugaragurika sinikorere ubugizi.'

'Ejo nabanje kuvugana n'uyoboye radiyo mubaza iby'aya mafaranga y'amezi ane mbona ntanyitayeho uyu munsi nabwo bikimara kuba yanyandikiye ambwira ko navugana na Noopja [nyiri radiyo] ikibazo kigakemuka sinongere kubivuga kuri radiyo kandi kumubona ntibiba byoroshye.'

'Umugenzuzi w'Umurimo yaradusuye muri Gashyantare 2022 arabizi, abakozi ba RGB baraje barabizi , babasabye ko baba bahagaze bagahemba abakozi.'

'Nta masezerano y'akazi yanditse dufite kandi tumaze imyaka irenga ibiri tuyasaba, ni gake yaguha umushahara wuzuye , ayo andimo arenga amezi ane niyo mpamvu natabaje, gusa hari n'abandi bahari, mukanya yari amaze kumbwira ko ahuze aza kumvugisha mukanya.'

Uyu munyamakuru uvuka mu karere ka Ngoma ari naho afite umuryango, uyu munsi yazinze utwe ajya aho iyi radiyo ikorera avuga ko ahava yishyuwe umushahara bamubereyemo.

Uwaduhaye aya makuru yagize ati 'Amaze amezi asaga atanu batamuhemba yahisemo kujya kuri radiyo arabivuga ariko yari amaze iminsi abateguza. Ubu yafashe icyemezo cyo kuhaba kugeza bamwishyuye.'

'Ukuntu dukora hari abantu bakora mu buryo bwo guhembwa n'abandi bakora ku masezerano yo kugabana ibyo twinjije mu gihe abandi bahari ari nabo benshi ni abakorerabushake.'

Akomeza avuga ko mbere y'uko ibi biba hari abandi bari bamaze amezi ane badahembwa basabwe gutaha babwirwa ko bazagaruka mu kazi amafaranga yabo yabonetse nyuma bagarutse nabwo basanze cya kibazo kigihari, bamwe barambuwe baragenda ahandi.

Nduwimana Jean Paul wamenyekanye ku izina rya Noopja mu muziki washinze iyi radiyo, aganira na IGIHE yavuze ko aya makuru ntayo yari azi agiye kubikurikirana, avuga ko bishobora kuba ari ugusebanya.

Ati 'Ubwo se ibyo bibaho koko?, ni ugusebanya kandi uwabikoze agiye kubiryozwa, nuko ngihuze gato.'

Nkuyemuruge Yves yatangiye gukorera iyi radiyo kuva muri Werurwe 2021 yemeza ko adateze gusezera nubwo nta masezerano y'akazi afite ndetse ejo nabwo azindukira mukazi nk'ibisanzwe mu kiganiro Country Breakfast asanzwe akora.

Country FM yumvikana ku murongo wa 105.7 FM ifite icyicaro mu Mujyi wa Rusizi, yatangiye kumvikana kuva tariki 1 Gashyantare 2021 ibiganiro by'iyi radiyo byiganjemo iby'imyidagaduro na siporo bikunzwe na benshi mu rubyiruko.

Nkuyemuruge Yves bakunze kwita 'Gacamigani' uretse kuba ari umunyamakuru asanzwe ari n'umusizi



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-umunyamakuru-wa-country-fm-yatabarije-kuri-micro-ko-badaheruka-guhembwa

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)