Turikiya yafashe u Rwanda mu mugongo kubw'ibiza byahitanye abasaga ijana - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Turikiya yatangaje ko icyo gihugu cyifatanyije n'abanyarwanda.

Ati 'Dufite agahinda kenshi k'abantu basaga ijana baburiye ubuzima mu nkangu n'imyuzure byatewe n'imvura nyinshi yaguye kuwa 2 Gicurasi 2023 mu Ntara y'Iburengerazuba n'Amajyaruguru mu Rwanda.'

'Twihanganishije kandi twifatanyije n'ababuze ababo n'Abanyarwanda muri rusange.'

U Rwanda na Turikiya bisanganywe umubano mwiza ushingiye kuri dipolomasi, ishoramari, ubucuruzi n'izindi nzego.

Ambasaderi wa Turikiya mu Rwanda, Aslan Alper Yüksel muri Gashyantare uyu mwaka yashimiye u Rwanda uburyo rwababaye hafi mu ntangiriro z'uko kwezi, ubwo Turikiya yibasirwaga n'umutingito wahitanye abagera ku bihumbi 60.

Press Release Regarding the Landslides and Floods in Rwanda https://t.co/RpzUADGRk4 pic.twitter.com/6aCdM24F2Q

â€" Turkish MFA (@MFATurkiye) May 3, 2023




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/turikiya-yafashe-u-rwanda-mu-mugongo-kubw-ibiza-byahitanye-abasaga-ijana

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)