Umuziki wu Rwanda wicaye ku ntebe zabandi-P... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma yo kwitabira igitaramo cyo kumurika umuzingo wa Gatandatu wa Mani Martin yise Nomade, Pastor P yagize icyo avuga. Ati: 'Umuziki w'u Rwanda uhagaze neza ku isi ariko wicaye ku ntebe y'abandi. Tugerageza kuwurira ku muziki w'abandi nka Nigeria ariko twe dukeneye gukora ibyacu'.

Pastor P yashimiye imyandikire ya Mani Martin. Yavuze ko Mani Martin afite imyandikire yihariye. Ati: 'Mani Martin ntabwo ari nk'abandi bahanzi baza muri studio bakahandikira indirimbo kuko we ategura inyandiko ze '.

Pastor P uri ufite umuzingo uriho umwimerere w'umuziki nyarwanda yazengurutse igihugu cyose yumva umwihariko w'imiririmbire yaho. Yanakebuye abahanzi bakora umuziki bashaka amaramuko ko baba bari guhemukira abana babo kuko batazabona ikibatunga. 

Ati:'Iyo ukoze umuziki ushaka amaramuko urahaga, ariko ntibiramba. Nyamara ubikoze neza abana bawe nibo bahaga'. 

Mani Martin yamuritse umuzingo wa Gatandatu ikaba igura ibihumbi 100 Frws.

Reba hano ikiganiro twagiranye na Pastor P




Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129862/umuziki-wu-rwanda-wicaye-ku-ntebe-zabandi-pastor-p-129862.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)