Gen-Z Comedy: Fally Merci yahawe akayabo, Di... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Igitaramo cy'urwenya kimaze kumenyerwa mu guha umwanya abanyempano bashaka kwigaragaza mu mwuga wo gusetsa cyaraye kibaye habera umwihariko wo gukusanya amafaranga yo gushyigikira Fally Merci.

 

Iki gitaramo kiba kabiri mu kwezi buri wa kane cyaraye kibaye ariko cyitabirwa n'abanyarwanda baba i Mahanga'Diaspora' aribo baje gusemburwa na Ramjaane Joshua bakusanya arenga ibihumbi 900 Frws nk'uko yabitangarije InyaRwanda mu kiganiro cyihariye twagiranye nyuma y'igitaramo.


Ramjaane Joshua yabwiye InyaRwanda ko gukusanya aya  mafaranga atari igikorwa cyarangiriye hariya kuko afite umushinga wo gutangiza igikorwa cyo gushyiraho ikigega kizajya gitera ingabo mu bitugu ababa mu ruganda rw'imyidagaduro ariko iyo nkunga ikajya ikusanywa n'abanyarwanda baba  mahanga 'Diaspora'. 


Ramjaane Joshua ati'Hariya Merci yabonye arenga 900,000Frws ariko hari abandi bakomeje kunyemerera ko bazakomeza kumutera ingabo mu bitugu'.


 Ramjaane yaboneyeho atunga agatoki abanyarwanda baba i Mahanga bigira ba ntibindeba ntibashyigikire ibikorwa byo mu ruganda rw'imyidagaduro.


Ramjaane Joshua yagiye ku rubyiniro ahawe inda ya bukuru na Clapton Kibonge uhora amushimira uruhare yagize mu rugendo rwe rwo gukina filimi dore ko yaje no  guhirwa.

 

 

REBA AMAFOTO 50 YA GEN-Z COMEDY SHOW YABAYE TARIKI 28 NYAKANGA 2023



REBA HANO IKIGANIRO NA RAMJAANE JOSHUA

">


Abanyarwenya bataramenyekana barigaragaza


Fally Merci ashaka kwagura igitaramo kikagera mu gihugu hose


Fally Merci asaba abaterankunga kumwegera



Abafana baba basetse batembagaye










Fally Merci yatangiye atazi ko igitaramo kizafata


Uyu munyarwenya ataha mu karere ka Ruhango


Abafana baba bizihiwe


Clapton Kibonge akunze gushyigikira abanyempano


Abanyarwenya bataramenyekana bashimira Fally Merci ku ruhare agira mu kubaha umwanya bakigaragaza


Ally Soudy yari yatumiwe anatanga ikiganiro


Baraseka inkanka zikagaragara



Umunyarwenya Ramjaane Joshua yari yasetse yatembagaye. Clapton Kibonge nawe yari yasetse karahava


Ally Soudy yatanze ikiganiro agaruka ku rugendo rwe mu itangazamakuru





Ramjaane Joshua yakusanyirije Fally Merci arenga 900,000Frws


Ramjaane yasobanuye ko agiye guhwitura Diaspora ikajya igira uruhare mu iterambere ry'imyidagaduro mu Rwanda


Ramjaane yatangaje ko igihe kigeze Diaspora ikigaragaza


Mc Nario yashyigikiye Fally Merci








Nimu Roger yari ku rutonde rw'abasusurukije abafana

AMAFOTO:NATHANAEL



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/132508/gen-z-comedy-fally-merci-yahawe-akayabo-diaspora-itungwa-agatoki-amafoto-50video-132508.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)