Davis D witegura gutaramira muri USA na Canad... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu kiganiro yagiranye na inyaRwanda.com, mu kanyamuneza kenshi ko kuba yari amaze gusinya amasezerano yo kuba Brand Ambassador n'urunganda rukora ibinyobwa rwitwa ROTTWYLER, Davis D yatangaje ko ari indi ntera amaze gutera nk'umuhanzi kuko nyuma yo kubamamariza banamuha amafaranga yo kubikora mu gihe ariko mu myaka yashize baguhaga igicuruzwa gusa.

Uyu muhanzi avuga ko mu gihe amaze mu muziki, byinshi mu byo yifuzaga yabigezeho gusa n'ubwo hari n'ibindi atarageraho.

Yakomoje ku bikorwa bidasanzwe birimo inzu ifite na Pisine iherereye mu mujyi wa Kigali arimo gukurikirana. Ati" Ese ugira ngo ubwo ntiri mu bikorwa ra! Ibyo biri mu buryo kano kanya ntabwo ari inzozi birimo gukorwa".


Davis D yatangaje ko ari kubaka inzu ifite na pisine i Kigali

Davis D yatangaje ibi nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye iri gukundwa cyane yise "Bermuda" afatanyije na Bulldogg na Bushali.

Kugeza kuri ubu iri hafi kuzuza Miliyoni y'abayirebye ku rukuta rwe rwa Youtube nyuma y'ukwezi kumwe gusa isohotse kuko imaze kurebwa nabasaga ibihumbi 757.

Davis D ari mu myiteguro yo gutaramira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Canada n'ahandi. Ni nyuma y'uko avuye i Burayi aho yeretswe urukundo rwinshi.

Kanda hano urebe indirimbo Bermuda ya Bushali na Bulldogg

">

Kanda hano urebe ikiganiro kirambuye Davis D yagiranye na InyaRwanda

">

Yanditswe na Dieudonne Kubwimana



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133352/davis-d-witegura-gutaramira-muri-usa-na-canada-yahishuye-ko-ari-kubaka-ku-inzu-ifite-pisin-133352.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)