Ishimwe Josh yagarutse ku rugendo rwe mu muzi... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Josh Ishimwe witegura igitaramo cye cya mbere mu mpera z'iki Cyumweru tariki 20 Kanama 2023 muri Camp Kigali, yavuze aho gusubiramo indirimbo zihimbaza Imana byaturutse.

Ati: ''Mbere na mbere ndashimira Imana yanshoboje gutangira uyu murimo, ni ibintu nari mfite nk'inzozi kuva niga Marie Merci i Kibeho, ari na ho nakuye igitekerezo cyo gukora zino ndirimbo zakunzwe zo mu Kiliziya.

Nagendaga nzumva nkazikunda za Reka ndate Imana, Urumuri rutazima, Sinogenda ntashimye n'izindi. Najyaga nzumva nkazikunda cyane ndetse n'izindi z'abarokore nakoze najyaga numva muri eglise mu rugo bisanzwe.''


Josh Ishimwe ari kwitegura guhuriza abakunzi b'indirimbo ze mu gitaramo kizaba kuri iki cyumweru muri Camp Kigali

Josh ukunzwe mu ndirimbo "Reka Ndate Imana Data", aganira na Isimbi Tv yavuze ko kuva icyo gihe yatangiye gusaba Imana ubushobozi kugira ngo azakore neza izo ndirimbo zitandukanye yajyaga abona zikunzwe muri kiliziya no mu nsengero zitandukanye akiga mu yisumbuye.

Ati: ''Igitekerezo rero kiza mvuga ngo nzagerageza nkore ibishoboka byose Imana ninshira inzira nzazikore. Rero igihe cyari iki ngiki kugira ngo nzikore, kandi abantu barazikunda cyane kuko iyo watangiye kubona indirimbo irebwa n'abantu miliyoni, ukabona 'feedback' nyinshi cyane haba abanyarwanda, abarundi, abadiaspora, n'abandi benshi. Byarenze n'abanyarwanda noneho bijya no mu banyamahanga.''

Nyuma yo kubona ko ibyo akora bikunzwe n'abatari bake, ni bwo Josh Ishimwe yatekereje guhuriza hamwe abakunzi be mu gitaramo cyo gusingiza Imana kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali kuri iki Cyumweru tariki 20 Kanama, akakita ''Ibisingizo bya Nyiribiremwa.''


Abakunzi b'indirimbo zakunzwe cyane zirimo Reka Ndate Imana, Sinogenda ndashimye n'izindi, Josh yavuze ko bazaziririmba imbona nkubone bigatinda

Yagize ati: ''Ni bwo nahise nibaza ese igihe cyari iki ngiki ntangire noneho ndebe ko nahuza abo bantu bose dusingize Imana? By'umwihariko noneho ni igitaramo kidashingiye ku idini kuko muri kiriya gitaramo hazaba harimo korali yo muri Kiliziya Gatolika yitwa Christus Regnat na Alarm Ministries y'abarokore.''

Ati: "Ni ibisingizo bya Nyiribiremwa. Ni ugusingiza Imana twe twaremwe dusingiza Imana itugejeje magingo aya tukiri bazima. Urumva ni igitaramo kitazaba gishingiye ku idini runaka kuko rwose Padiri azaba yicaranye na Pasiteri, n'abandi benshi. Ni igitaramo kizaduhuza twese hamwe, abantu bose baremwe n'Imana tuje kuyisingiza".


Josh yavuze ko iki gitaramo nta dini na rimwe gishingiyeho bityo ko abantu bose Imana yaremye bemerewe kuza kuyisingiza

Josh Ishimwe yabwiye abazitabira igitaramo cye kwitega ko hazaba hari ubwiza bw'Imana ndetse n'ibindi bintu byiza. Ati: ''Ikintu cya mbere ni uko hazaba hari presence y'Imana. Ni ukuvuga ngo igitaramo twakora cyose twakora tuvuga ngo turasingiza Imana yo ubwayo idahari ntacyo byaba bimaze". 

"Kandi buri wese azaze yiteguye ko azabona Imana, ushobora kutayibonesha amaso yawe ariko ukayumva muri wowe. Ikindi turimo turategura ibintu byiza, harimo byinshi bizatungurana. Navuze abahari, ariko hari n'abandi basobora gutungurana.''

Josh yanakomoje ku muntu wigeze kumuhanurira ko azakora igitaramo nk'iki k'Ibisingizo bya Nyiribiremwa agiye gukora.

Yagize ati: ''Inzozi narotaga zigiye gusohora zigendanye n'iki gitaramo. Urebye si no kubirota neza ahubwo hari umuntu wigeze kubimpanurira kera.''

Josh kandi yavuze ko akunda Mama we cyane ndetse ko anamushimira kubwo kumurera neza no kumutoza gukunda Imana.

Ati: 'Mama ni byose! Namubwira ko musabira umugisha ku Mana, yarakoze kundera neza no kuntoza gukunda Imana. Ikindi namubwira, ni uko mu gitaramo azishima, azaterwa ishema n'umuhungu we. Ni we wanyigishije indirimbo nyinshi nka Sinogenda ntashimye kuko yarayikundaga kuva kera cyane.''

Josh Ishimwe yavuze ko mu myaka 22 amaze ku isi, ubuzima bwamwigishije guca bugufi no kwitonda muri byose.

Yagize ati: "Mperutse kuririmba ahantu hari haje umubyeyi wacu First Lady numva abivuzeho nawe ko umuntu wicisha bugufi ashyirwa hejuru, ariko uwishyira hejuru ashyirwa hasi. Ni na byo byabaye kuri satani yishyize hejuru birangira bimubayeho ava mu ijuru ajya hasi.''

Yakomeje avuga ko yishimiye cyane kuba yaragiriwe umugisha wo kuririmbira ahantu hari Nyakubahwa Madamu Jeanette Kagame, byongeye kandi akanahaguruka akizihirwa, ibintu avuga ko zari inzozi ze kuva kera.

Kwinjira muri iki gitaramo Josh Ishimwe yise "Ibisingizo bya Nyiribiremwa", ni 5,000 Frw mu myanya isanzwe, 10,000 Frw mu myanya y'imbere, 15,000 Frw muri VIP ndetse na 20,000 Frw muri VVIP. Ameza y'abantu batanu ni 250,000 Frw, bivuze ko umuntu umwe ari 50,000 Frw.

Amatike ari kuboneka ku Isomero rya Regina Pacis, Zion Temple Gatenga, Bethesda Holy Church Gisozi, Sainte Famille, EAR Remera, Camelia (CHIC). Kuri Momo ni *182*8*1*604473#. Ushobora no kugura itike kuri interineti unyuze kuri www.eventixr.com. Kanda HANO ugure itike. Ukeneye ko bayikugezaho aho uri wahamagara nimero: 0782051627.


Josh Ishimwe aherutse kubwira InyaRwanda ko muri iki gitaramo ari gutegura hazabonekamo ibyishimo bidasanzwe no gutaramira Imana, ndetse akaririmbira abakunzi be imbona nkubone bagafatanya kuramya Nyagasani


Josh Ishimwe aherutse kuririmba inshuro ebyiri mu cyumweru kimwe mu masengesho yitabiriwe n'abarimo Madamu Jeannette Kagame

REBA "SINOGENDA NTASHIMYE" YASUBIWEMO NA JOSH ISHIMWE




Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133250/ishimwe-josh-yagarutse-ku-rugendo-rwe-mu-muziki-nibyo-kwitegwa-mu-gitaramo-ibisingizo-bya--133250.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)