Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n'u Rwanda #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikipe ya Senegal yashyize hanze urutonde rw'abakinnyi 31 bazavamo abazaza mu Rwanda gukina umukino w'umunsi wa nyuma wa gatandatu wo gushaka itike yo gukina igikombe cya Afurika 2023.

Ni urutonde rw'abakinnyi batagaragaraho Sadio Mane wa Bayern Munich yo Mu Budage nk'umwe mu bakinnyi b'iyi kipe isanzwe igenderaho.

Imwe mu mpamvu isa naho aba bakinnyi batahamagawe  ni uko ikipe y'igihugu ya Senegal yamaze kubona itike yo kuzakina imikino ya nyuma y'iki gikombe kizakinirwa muri Côte d'Ivoire.

Mu bandi bakinnyi batahamagwe hari Pape Gueye Habib Diallo, Kalidou Koulibaly, Krepin Diatta, Nicholas Jackson, Ismaila Sarr, Cheikhou Kouyate na Nampalys Mendy.

Si abo gusa kuko n'umutoza mukuru wayo Aliou Cisse ntabwo ariwe uzatoza uyu mukino kuko uzatozwa na Pape Thiaw w'ikipe y'abakina imbere mu gihugu, uyu mutoza kandi azaba afatanyije na Malick Diaf.

Umukino uzahuza u Rwanda na Senegel uzakinirwa i Huye, tariki ya 9 Nzeri 2023, muri iri tsinda kandi ikipe ya Mozambique izaba yakiriye Benin tariki ya 8 Nzeri 2023.

Senegal ni iyambere mu itsinda L, aho ifite amanota 13, irakurikirwa na Mozambique ifite amanota 7, Benin ikagira amanota 5 naho u Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma n'amanota abiri aho hamaze gukinwa imikino 5 kuri buri kipe.

Urutonde rw'abakinnyi bahamagawe:

The post Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n'u Rwanda appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/senegal-yatangaje-abakinnyi-31-batarimo-sadio-mane-bazavamo-abazakina-nu-rwanda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=senegal-yatangaje-abakinnyi-31-batarimo-sadio-mane-bazavamo-abazakina-nu-rwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)