Barayoboye: Abahanzi 10 ba Gospel Nyarwanda b... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Gospel nyarwanda kugeza uyu munsi, iyobowe n'abahanzi bashya binjiye muri uyu muziki mu myaka ya za 2020 cyangwa mbere yaho gato. Aba bahanzi iyo babajijwe uko biyumva nyuma y'uko nta n'imyaka itanu bamaze baririmba nk'umwuga nyamara bakaba baramaze kuba ibimenyabose, nabo ubwabo basubiza ko ari ibitangaza by'Imana gusa.

Usibye kuba ari igisekuru gishya mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, abenshi muri aba bahanzi baracyari na bato mu myaka cyane ko hari n'abakiri ku ntebe y'ishuri, ariko uyu munsi ibikorwa byabo bikaba byivugira ndetse binyura imitima ya benshi.

Muri abo bahanzi twavuga nka:

1. Â Ã‚ Ã‚  Josh Ishimwe


">

Uyu musore w'imyaka 23 y'amavuko, ubusanzwe yitwa Ishimwe Joshua. Ni umwe mu bahanzi bakiri bato mu mwuga wo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ariko umaze kwigarurira imitima y'abatari bake, by'umwihariko mu Rwanda no mu Burundi. 

Yinjiye muri uyu mwuga muri 2020, awinjiramo mu buryo butari bumenyerewe cyane bwo guhuza Gakondo na Gospel. Amenyerewe cyane mu ndirimbo akunda gusubiramo zo mu gitabo cy'indirimbo ndetse na zimwe mu zikunzwe muri Kiliziya Gatolika. 

Kuri ubu, yibitseho album imwe yamuritse muri Kanama uyu mwaka. Yakunzwe cyane mu ndirimbo nka Sinogenda Ntashimye, Reka Ndate Imana Data, Yezu Wanjye, Yesu Ndagukunda n'izindi nyinshi.

2. Â Ã‚ Ã‚  Chryso Ndasingwa


">

Ndasingwa Jean Chrysostome wamenyekanye nka Chryso Ndasingwa yatangiye umwuga wo kuririmba indirimbo ziramya zikanahimbaza Imana mu gihe cya Covid-19 mu mwaka wa 2020. Ubusanzwe, akorera ivugabutumwa mu Itorero rya Newlife Bible Church. 

Uyu muhanzi ukiri muto, amaze kugira indirimbo nyinshi zuje amagambo asubizamo intege imitima iguye isari, abari babuze ibyiringiro bakongera kwizera Imana no kuyikunda kurushaho. Mu ndirimbo ze zakoze ku mitima ya benshi harimo iyitwa Wahozeho, Ndakwihaye, Mu Bwihisho, Wakinguye Ijuru n'izindi.

3. Â Ã‚ Ã‚  Yvette Uwase


">

Uwase Yvette ni umukobwa ukiri muto ukorera umurimo w'ivugabutumwa riciye mu ndirimbo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amaze igihe gito yijiye mu mwuga wo kuririmba izi ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana kuko yabitangiye muri 2020. 

Afite indirimbo yakoranye n'abandi baramyi bakomeye zakunzwe cyane harimo iyo yakoranye na Serge Iyamuremye yitwa 'Nzahagarara,' 'Ndareba' yakoranye na Adrien Misigaro n'izindi. Mu minsi mike ishize, yashyize hanze indirimbo yo mu rurimi rw'icyongereza yitwa 'Living Testimony' ihamya ibitangaza Imana yakoze mu buzima bwe.

4. Â Ã‚ Ã‚  Sarah Uwera


">

Uwera Sanyu Sarah yamenyekanye cyane muri korali ikunzwe na benshi mu itorero ry'Abadiventist b'Umunsi wa Karindwi, Ambassadors of Christ. Urugendo rwe rwo kuririmba wenyine yarutangiriye ku ndirimbo yitwa 'Mwana Wanjye' muri 2020. 

Abitangira, yatangaje ko igitekerezo yagikuye mu busabe bw'abantu benshi babimusabye nyuma y'uko aririmbiye umugabo we mu bukwe bwabo. Kuri ubu, izina rye rimaze gushinga imizi, kuko afite indirimbo zimaze gukundwa na benshi zirimo Umunsi Mushya, Omora, na Mwana w'Umuntu.

5. Â Ã‚ Ã‚  Jesca Mucyowera


 "> 

 Mucyowera Jesca wamenyekanye mu ndirimbo ye yakunzwe n'abatari bake yise 'Arashoboye,' yatangiye kuririmba ku giti cye mu 2020 nyuma yo kumenyekana nk'umuririmbyi wa Injili Bora, imwe mu makorali akomeye mu Rwanda. 

Uyu muramyi akaba n'umubyeyi, ni umwe mu bahanzi bahise bigarurira imitima y'abantu binyuze mu kuririmba ibihangano byiganjemo amagambo ahamya imbaraga z'Imana nyuma yo kuzibonera mu buzima bwe nk'uko we ubwe akunze kubyivugira. Izindi ndirimbo ze zakunzwe harimo Urera, Niyo Mana, Eloyi, Isanzure n'izindi.

6. Â Ã‚ Ã‚  Charles Kagame


 ">

 Umunyempano Charles Kagame ufite ubuhamya bukomeye bw'uko yigeze gukora impanuka ikomeye ariko ku bw'ineza y'Imana akaza kuyirokoka, nawe ni umwe mu bahanzi ba Gospel nyarwanda bazamutse mu gihe gito cyane.

 Nyuma y'iminsi mike atangiye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Charles yahise yinjira muri Moriah Entertainment, imwe muri kompanyi zikomye mu Rwanda zireberera inyugu z'abahanzi. 

Charles Kagame watangiye umuziki nk'umwuga mu mpera za 2019, yatangaje ko ibikorwa bye byaje gukorwa mu nkokora na Covid 19, aza no kugira ibyago akora impanuka ari naho yakuye indirimbo yakunzwe cyane yise 'Amakuru.' Mu zindi ndirimbo ze zakunzwe harimo Naragukunze, Ntuzibagirwe, Amateka, Umurimbo amaze iminsi mike asohoye n'izindi.

7. Â Ã‚ Ã‚  Vumilia Mfitimana


 Â ">

Uyu, ni umwe mu bakobwa bakiri bato bafite inzozi zo kwagura ubwami bw'Imana bifashishije impano Imana yabahaye yo kuririmba. Vumilia Mfitimana ubarizwa mu Itorero ry'Abadivantiste w'Umunsi wa Karindwi yatangiye kuririmba indirimbo zihimbaza Imana muri 2020. 

Mu nozi ze harimo kugeza umuziki we hanze y'u Rwanda kandi zamaze kuba impamo kuko ibihangano bye bimaze kumenyekana. Zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe harimo iyo yise 'Amahoro,' Nyigisha, Kuri Buri Segonda, Mbahumurize, n'izindi nyinshi.

8. Â Ã‚ Ã‚  Jessie


"> 

 Ndikumukiza Samuella Jessie ni umwana muto cyane ufite impano itangaje, watangiye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri 2021 afite imyaka itanu gusa. Uyu mwaka kuri ubu ufite imyaka irindwi y'amavuko, akomeje kuzamura amarangamutima ya benshi, kubera ukuntu ari muto bihagije ariko akaba afite impano idasanzwe. 

Yaririmbye indirimbo nka Ntuzandeka, ubundi asubiramo iz'abandi nka Ushimwe ya Tonzi n'izindi. Mu ndirimbo nyinshi, uyu mwana akunze kugaragara ari kumwe na Se, Ndikumukiza Sam, umwe mu ba Producer bakomeye muri Gospel nyarwanda. Akunzwe mu ndirimbo zirimo Ushimwe, Tuganire, Imbuto Foundation, Yesu akunda abana, n'izindi.

9. Â Ã‚ Ã‚  Aloys Habi


 Â ">

Habiyambere Aloys [Aloys Habi] ufite ubuhamya buremereye burimo n'uko yavukiye amezi 12 akanavukana ubumuga bwo kutavuga, ni umwe mu bahanzi ba Gospel bamenyekanye mu gihe gito. Uyu, akunzwe cyane mu ndirimbo ye bigoye gusiba mu mitwe ya benshi yitwa 'Mbitse Inyandiko.' 

Indirimbo ze nyinshi, ziba zihamya ibyo Imana ikora, zinakanakebura abasubijwe n'Uwiteka ariko nyuma bakibagirwa. Aloys watangiye umurimo wo kuririmba indirimbo ziramya zikanahimbaza Imana muri 2020, yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo Ikinegu, Mu Mugambi, Ibiryo by'Ibwami, ndetse n'Indahiro aherutse gukorana na Charles Kagame

10. Â Vestine na Dorcas


 ">

Aba bana n'abakobwa bakiri bato, batangiye umwuga wo kuririmba indirimbo ziramya Imana mu 2020 bafashwa na Murindahabi Irené bigeze no kugirana ibibazo ariko nyuma bikaza gukemuka. 

Aba bana, barakunzwe cyane karahava kubera ukuntu bazi kuririmba, amajwi yabo meza, n'impano idasanzwe bafite. Kurubu, Vestine aracyari mu mashuri yisumbuye, mu gihe Dorcas we yamaze kuyasoza. Abahanzikazi Kamikazi Dorcas na Ishimwe Vestine bakoze indirimbo zakunzwe cyane zirimo Umutaka, Nzakomoram Isaha, Si Bayali, Simpagarara, n'izindi. 

Muri uyu mwaka kandi Vestine & Dorcas bamuritse album yabo ya mbere igizwe n'indirimbo icyenda tariki 24 Ukuboza 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/135799/barayoboye-abahanzi-10-ba-gospel-nyarwanda-bazamutse-mu-gihe-gito-135799.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)