Minisitiri Utumatwishima yashyize Israel Mbon... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Dr. Utumatwishima avuga ko nk'abandi bose yakuze yumva ibihangano by'abarimo umuraperi Jay Polly, Tom Close, The Ben, Meddy, indirimbo z'ubukwe [z'abarimo Kagambage Alexandre] n'abandi yakunze cyane.

Ubwo yari mu kiganiro na Kiss Fm, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2023, Utumatwishima yavuze ko muri iyi minsi akunze ibihangano by'abahanzi baherutse guhura barimo na Bwiza, Ish Kevin, Kivumbi King ndetse na Bruce Melodie. Avuga ko aba ari abahanzi bagezweho.

Uyu muyobozi yavuze ko n'ubwo ari umuyoboke w'Idini ya Islam ari umufana w'ibihangano bya Israel Mbonyi. Ati 'Numva Israel Mbonyi cyane kuruta abandi bahanzi! Ashobora kuba afite imiziki iruhura umutima. Rero nkunda Israel Mbonyi ku mwanya w'imbere abandi bagakurikiraho.'

Dr. Utumatwishima avuga ko asanzwe akora siporo, kandi ko mu buryo bushobora gusetsa buri wese ari umufana w'ikipe y'umupira w'amaguru y'uruganda rw'icyayi rwa Sorwathe. Ati 'Twari abafana bakomeye.' Anavuga ko kuva cyera ari umufana w'imbere w'ikipe ya Arsenal.

Yavuze ko n'ubwo ari umukunzi wa Arsenal ariko asangiye n'abandi ibyifuzo byo gutegereza, kuko iyi kipe idakunze gutsinda cyane. Ati 'Ntabwo ijya ikunda gutsinda kenshi. Kuko bisaba ko tubona ikinini cyo kwihangana igihe kimwe.'

Israel Mbonyi ari kwitegura gukora igitaramo cye bwite ku wa 25 Ukuboza 2023 muri BK Arena. Ni mu gihe kuri Pasika ya 2024 azataramira muri Uganda.

Umuhamagaro wa Israel Mbonyi

Israel Mbonyi yahamagawe n'Imana ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye, kuva ubwo atangira kuyikorera mu mashyi no mu mudiho. Icyo gihe cyabaye intangiriro ye yo guhanga indirimbo zihimbaza kandi zigaha ikuzo Imana.

Uyu musore w'imyaka 31 y'amavuko, yari asanzwe ari umukinnyi wa Karate, kandi yabonaga ariho impano ye izerekeza ariko yaje kwegurira ubuzima bwe Kristu.

Israel Mbonyi asobanura 'umuhamagaro w'Imana' nk'ikintu Imana igushyira ku mutima' kandi waba utaragikora ukajya wumva ari nk'umutwaro wikoreye.

Yari asanzwe yandika indirimbo akaziha korali. Ariko akimara guhamagarwa n'Imana, yanamuhaye indirimbo yitwa 'Yankuyeho urubanza' ari nayo yabaye iya mbere yahereyeho.

Kuva yahamagarwa n'Imana yahise yumva urukundo rudasanzwe rw'umuziki no gucuranga muri we.

Icyo gihe yari umukinnyi wa Karate, ariko ibyo byose yabishyize ku ruhande. Ati 'Numva nsigaranye gusa umutima wo kuririmba.'

Israel Mbonyi avuga ko yakundaga gukina karate, ariko kuva yatangira kuririmbira Imana yabiburiye umwanya, igice kinini gitwarwa n'umuziki gusa.

Asobanura ko imbuga zicuririzwaho umuziki zabaye urubuga rwiza rwo gushyigikira umurimo w'Imana, kandi umuntu akabikora yibwirije.

Ati 'Numva ari uburyo bwiza Imana yadukoreye bwo gusangiza abantu ibihangano byacu, kandi natwe bikatugirira umumaro.'

Israel aherutse kubwira BBC ko hari inyungu ziva mu bihangano umuhanzi ashyira ku mbuga zinyuranye zicururizwaho umuziki, bityo bigafasha umuhanzi gukomeza gukora.

Aherutse gukorera ibitaramo ku Mugabane w'u Burayi:

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo zirimo 'Umukunzi' aherutse gukorera ibitaramo ku Mugabane w'u Burayi. Yataramiye mu Bubiligi, mu Bufaransa, Denmark ndetse na Suède.

Avuga ko guhitamo ibihugu byo mu mahanga ajya gutaramiramo, ashingira ku bibarizwamo abantu bakomoka mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba, cyangwa se agashingira ku butumire aba yahawe n'insengero zinyuranye.

Nko mu Bubiligi yataramiye abantu barenga ibihumbi bitatu, mu Bufaransa ataramira abarenga 400, cyo kimwe no muri Denmark na Suède.

Israel Mbonyi asobanura umuziki nk'ururimi mpuzamahanga, kandi abitabira ibitaramo bye haba harimo abantu banyuranye bo mu madini anyuranye. Kuri we, intego ni ukuvuga ubutumwa bwiza bw'Imana bukagera mu nguni zose z'Isi.

Minisitiri Utumatwishima yatangaje ko Israel Mbonyi ari nimero ya mbere mu bahanzi akunda 

Utumatwishima yavuze ko abahanzi barimo Bruce Melodie na Bwiza bafite indirimbo ziganje kuri 'Playlist' y'izo yumva cyane

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NINA SIRI' YA ISRAEL MBONYI IRI KU MWANYA WA MBERE MURI KENYA

">



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/135916/minisitiri-utumatwishima-yashyize-israel-mbonyi-ku-mwanya-wa-mbere-mu-bahanzi-yihebeye-135916.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)