Umuraperi Kinq Jamez wo muri Nigeria yahuriye... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Comfort People Ministries yasohoye iyi ndirimbo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2023, nyuma yo gutangira gukorana mu buryo bw'umuziki n'inzu ifasha abahanzi mu bya muzika 'Label' yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bita J-3:16 Records ihagarariwe na AnthonyESullivan.

Umuyobozi wa Comfort People Ministries, Ndayishimiye Jean Damascène yabwiye InyaRwanda ko bagize igitekerezo cyo gukorana iyi ndirimbo 'My Prayer' nyuma y'ibiganiro bagiranye n'umuyobozi wa Label wabo biyemeza kuyikora ibyinitse kandi ihimbaza Imana.

Avuga ko umuyobozi w'iyi Label ari nawe wagize uruhare mu kubahuza n'umuhanzi Kinq Jamez bakoranye indirimbo. Ibaye indirimbo ya kabiri Kinq Jamez akoze nyuma y'uko atangiye gukorana n'iyi Label.

Ndayishimiye ati 'Umuyobozi wacu niwe wampaye igitekerezo ko nk'itsinda dushobora gukora iyi njyana tukarema ikintu gishya kandi giherekejwe n'ubutumwa bwiza. Kubera ko ari we uduhagarariye yanadufashije guhuza imbaraga na Kinq Jamez wo muri Nigeria.'

Iyi ndirimbo yakorewe muri Rwanda, muri Nigeria ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni indirimbo avuga ko itaboroheye mu kuyikora, kuko byasabye ko bafata amashusho yayo inshuro ebyiri, bitewe n'uko amashusho ya mbere bafashe bayabuze.

Akomeza ati 'Twafashe amashusho inshuro ebyiri zitandukanye. Twari twakoranye n'abantu badafite ibyangombwa tutabizi bakoresheje 'Drone' bidusaba kuyisubiramo bidutwara imbaraga. Byageze aho ducika intege ariko dukomeza kugerageza kugeza ubwo indirimbo isohotse.'

Amashusho y'iyi ndirimbo agaragaramo umukinnyi wa filime wamamaye cyane mu mazina ya Nzovu. Muri iki gihe agaragara cyane mu biganiro binyuranye atanga ku miyoboro itandukanye ya Youtube.

Muri rusange iyi ndirimbo ishingiye ku kugaraagza imbaraga ziva mu gusenga. Mu mashusho y'iyi ndirimbo, itangira abaririmbyi bari mu rugendo bihuta mu mudoka bagaharikwa na Police, batakaza ibyiringiro by'uko urugendo rw'abo rukomeza, ariko barasenga cyane.

Damas akomeza ati 'Duta ibyiringiro ariko bamwe muri twe barasenga nyuma Imana idukorera igitangaza umupolisi araturekura tujya mu gikorwa twari dufite igitaramo kandi byagenze neza.'

Comfort People Ministries ni itsinda ry'abaramyi rigizwe n'abantu babarizwa mu matorero atandukanye. Rifite isura nshya n'impinduka mu mikorere, cyane ko rigizwe n'abantu bakomoka mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bafite intumbero yo kwagura imipaka no guhuza abantu batari abo mu gihugu kimwe gusa ahubwo muri Afurika no ku Isi yose. Bagamije gutanga ihumure no gushyira imbere kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yezu Kristo.

Comfort People Ministries yasohoye amashusho y'indirimbo 'My Prayer' bakoranye na Kinq

Comfort People Ministries ivuga ko itorohewe cyane n'igikorwa cyo gufata amashusho y'iyi ndirimbo kuko habayeho kubura aya mbere


Umuraperi Kinq Jamez wo muri Nigeria utanga icyizere yahuje imbaraga na Comfort People Ministries mu Rwanda


Umukinnyi wa filime wamamaye nka Nzovu ari mu bakinnyi b'imena bagaragara muri iyi ndirimbo


Amashusho y'iyi ndirimbo yakorewe mu bice bitandukanye by'u Rwanda


Anthony, umuhanzi akaba Producer utuye muri Leta ya California muri Amerika washinze Label ibarizwamo Comfort Ministries People

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MY PRAYER' YA COMFORT MINISTRIES NA KINQ JAMEZ

">



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/135410/umuraperi-kinq-jamez-wo-muri-nigeria-yahuriye-mu-ndirimbo-na-comfort-people-ministries-vid-135410.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)