Titi Brown yakorewe agashya mu gitaramo cya G... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Igitaramo cy'urwenya gihuza benshi biganjemo urubyiruko cyahuje bamwe bafite amazina akomeye mu Rwanda barimo na Titi Brown wakunzwe nk'umubyinnyi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 16 Ugushyingo 2014 ahazwi nka Camp Kigali.


Nyuma y'uko Umunyarwenya Fally Merci asabye abitabiriye iki gitaramo kugora icyo bafasha uyu musore,abitabiriye biganjemo abafana ba Titi batangiye kuzana amafaranga imbere kugeza ubwo bakoze ikirundo cyanyo mu gushyigikira uyu mubyinnyi uri mu bihe byo kwiyubaka bundi bushya.

Kuwa Gatanu Tariki 10 Ugushyingo 2023 Titi Brown wakunzwe kubera kubyina no mu muziki nyarwanda, yagizwe umwere n'urukiko arafungurwa nyuma y'imyaka ibiri ari muri gereza.

Titi Brown witabiriye igitaramo cy'abanyarwenya yashimiye abantu bose bamuteye inkunga bagakora ku mufuka wabo bamufasha kongera kwiyubaka nyuma yo kurekurwa akava muri gereza.

Ku wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo 2023 , nibwo Urukiko rw'isumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko ikirego cy'ubushinjacyaha nta shingiro gifite. Rwemeza ko Ishimwe Thierry wamenyekanye nka Tity Brown ari umwere ku cyaha cyo gusambanya M.J.


Yashimiye buri wese wakoze ku mufuka we akamufasha amusabira umugisha


Titi Brown witabiriye Gen Z Comedy yahawe ikirundo cy'amafaranga


Igitaramo cy'abanyarwenya cyabonetsemo inkunga ishyigikira Titi Brown


Abitabiriye biganjemo urubyiruko bishimiye gufasha umubyinnyi uzwi nka Titi Brown




Umuyobozi wa Gen Z Comedy Fally Merci yasabye buri wese kugaragariza  urukundo Titi





Source : https://inyarwanda.com/inkuru/136611/titi-brown-yakorewe-agashya-mu-gitaramo-cya-gen-z-comedy-amafoto-136611.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)