Umuraperi A$AP Rocky yavuze ko kubyana na Rihanna ariwo gushinga uhambaye kuribo uruta no kuba bakorana ndirimbo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuraperi A$AP Rocky wamamaye mu ndirimbo 'I Smoked Away My Brain' , yatangaje ko nta mpamvu yo gutekereza ku ndirimbo ashobora gukorana na Rihanna ahishura ko ibyari bikomeye bakoranye ari ukubyarana.

 

Rihanna na Rocky bafitanye umwana witwa RZA ufite amezi 18 , na Riot w'amezi 3 gusa. Aba bombi , Rihanna na A$AP ngo nta mpamvu yo gutekereza indirimbo nk'uko byemejwe n'uyu mugabo ubwo yaganiraga n'itangazamakuru.

 

Ubwo yabazwaga niba we n'umugore bashobora kuzisanga mu mushinga w'indirimbo, Rocky yagize ati:' Ese ni iki kindi twakorera hamwe kikaturyohera ?. Njye ntekereza ko twakoze akazi gakomeye , tugafatanya umushinga udasanzwe hanyuma tukabyarana abana.

 

'Njye ntekereza ko uwo ari wo mushinga wacu udasanzwe kandi ntakiwuruta'.

 

Rocky yemeje ko kuba bafitanye abana 2 aribyo bintu bikomeye bakoze mu mubano wabo bikaba biruta no kuba bakorana indirimbo

 

Mu minsi yashize , Rihanna na A$AP Rocky bavuzweho gutandukana kubera uburyo bitwaraga aho buri wese yacaga ukwe, kugeza ubwo bigaragaye ko Rihanna atigeze aherekeza umugabo we mu rubanza.

The post Umuraperi A$AP Rocky yavuze ko kubyana na Rihanna ariwo gushinga uhambaye kuribo uruta no kuba bakorana ndirimbo appeared first on The Custom Reports.



Source : https://thecustomreports.com/umuraperi-aap-rocky-yavuze-ko-kubyana-na-rihanna-ariwo-gushinga-uhambaye-kuribo-uruta-no-kuba-bakorana-ndirimbo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)