Agasaro Tracy yateranye imitoma n'umugabo we aramusoma anamushimira ko amufata nk'umwamikazi buri munsi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu munsi tariki 04 Ukuboza 2023, aba bombi  bishimira ko bujuje imyaka 2 mu rukundo babana nk'umugabo n'umugore.

 

Tracy Agasaro yafashe umwanya agaragariza abamukurikira iby'urukundo rwabo binyuze mu magambo babwiranye.

 

Agasaro Tracy ati:'Hari ubwo umuntu abura amagambo yo kuvuga neza akabura naho yahera asohora ayari mu mutima we'. Kuri uyu munsi nta byinshi mfite byo kuvuga , gusa nujujwe n'amarangamutima menshi kuko icyo mfite cyo kuvuga ni nti , nkunda ubu bumwe n'uyu mugabo uri hano'.

 

Nejejwe n'imyaka 2 tumaranye dushakanye kandi imyinshi iri imbere yacu, Rene Patrick'.

 

Mu mashusho yuzuye urukundo n'amarangamutima yabo bombi ,bigaragara ko bayafashe bagamije gushimirana.Muri aya mashusho yuzuye ibyishimo , Agasaro yagize ati:

 

'Warakoze guhora umbwira ko ndi mwiza buri munsi'.Umugabo we nawe yagize ati:' Ndagukunda mukobwa mwiza kandi niteguye kumarana imyaka 100 nawe' [ Ahita amusoma].

 

Urukundo rw'aba bombi rukomeje kwigisha benshi uko bakundana.

 

The post Agasaro Tracy yateranye imitoma n'umugabo we aramusoma anamushimira ko amufata nk'umwamikazi buri munsi appeared first on The Custom Reports.



Source : https://thecustomreports.com/agasaro-tracy-yateranye-imitoma-numugabo-we-aramusoma-anamushimira-ko-amufata-nkumwamikazi-buri-munsi/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)