The Ben n'umugore we Pamella bagiye mu kwa buki kwishimira urugo rushya batangiye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

The Ben n'umugore we baherutse gukora ubukwe mu birori binogeye ijisho byitabiriwe n'imiryango n'inshuti.

Amakuru ahari, yemeza ko uyu muhanzi na Uwicyeza Pamella witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, buriye indege kuri uyu wa Gatatu, bakerecyeza mu Misiri aho bagiye kugirira ibihe byiza by'ukwezi kwa buki.

Mu guhitamo Misi, bombi babanje gutekereza ahantu heza bakorera Honney Moon, aho babanje gutekereza muri Zanzibar, ariko bikarangira bemeranyijwe mu Misiri ahasanzwe hari amateka agaragaza ibihe byo ha mbere.

Amakuru yatangajwe n'abazi amakuru y'uru rugo rushya, avuga ko The Ben n'umugore we bazava mu Misiri bakagaruka mu Rwanda by'igihe gito, ubundi bakahava berecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho uyu muhanzi asanzwe atuye.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/The-Ben-n-umugore-we-Pamella-bagiye-mu-kwa-buki-kwishimira-urugo-rushya-batangiye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)