No title

webrwanda
0

12:28' Ibiciro byo kwinjiye kuri uyu mukino

Uyu mukino ni umwe mu mikino iba ihenze hano mu Rwanda, kuko uba usanga buri umwe ashaka kuwureba, Rayon Sports ubwo yashyiraya hanze ibiciro, itike ya make yari ibihumbi 5000, ariko ikazaba 7000 ku munsi w'umukino. Tike yindi yari ibihumbi 7000 ariko ikaba ibihumbi 10000 ku munsi w'umukino. Itike y'ibihumbi 20000 yagombaga kuba 30000 ku munsi w'umukino, ndetse n'itike y'ibihumbi 50000, aya mafaranga yose akaba ari mu manyarwanda.

Kuri uyu wa Gatanu 70% by'amatike byari byamaze kugurwa 

12:10' Abakinnyi 11 babanje mu kibuga mu mukino ubanza:

APR FC: Pavelh Ndzila Ombolenga Fitina, Niyigena Clement, Nshimiyimana Yunussu, Nshimirimana Ismael Pitchou Taddeo Lwanga Mugisha Gilbert Kwitonda Alain Bacca Victor Mboama Ishimwe Christian na Ruboneka Jean Bosco

Rayon Sports: Simon Tamale, Mitima Isaac Karisa Rachid, Luvumbu Nzinga, Aruna Moussa, Musa Esenu, Rwatubyaye Abdul, Bugingo Hakim, Muhire Kevin, Ojera Joachim, na Serumogo Ali.

Ni umukino uri bubere kuri sitade ya Kigali Pele Stadium, ugatangira ku isaha ya saa 15:00 PM. Uyu mukino byari biteganyijwe ko utangira Saa 18:00 PM ariko FERWAFA iza kubihindura kubera impamvu y'amatara atanga urumuri rudahagije.

Aya makipe agiye guhura akurikiranye ku rutonde rwa shampiyona aho ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa mbere n'amanota 55, Rayon Sports ikaza ku mwanya wa kabiri n'amanota 45. Ni amanota 10 atandukanya aya makipe, bisa n'aho APR FC ireba igikombe mu biganza, cyereka Rayon Sports ikiyambuye.

Rayon Sports igiye gukina ishaka kugabanya nibura amanota irushwa na APR FC akaba yaba 7, ubundi ikareba niba hari indi mikino nk'itatu APR FC yatakaza.

Ikipe y'ingabo z'igihugu nayo, yinjiye muri uyu mukino ishaka guhagarika amateka mabi y'imikino 3 imaze idatsinda Rayon Sports, ndetse ikaba ishaka no kuyereka ko igomba gutwara igikombe ikubise umuhisi n'umugenzi.

VIDEO ZIGARUKA KURI UYU MUKINO





Kigali Pele Stadium, Ikibuga kigiye guca impaka kuri aya makipe yombi ndetse kikaba kimwe mu bibuga bimaze kwakira uyu mukino inshuro nyinshi cyo na Sitade Amahoro



Kigali Pele Stadium igiye kwakira uyu mukino, yahoze yitwa Nyamirambo Regional Stadium ariko kuva tariki 15 Werurwe 2023 biza guhinduka ihabwa irindi zina mu buryo bwo guha icyubahiro umukinnyi w'ikirangirire Pele wakomokaga muri Brazil witanye Imana mu Ukuboza tariki 29 2022.

Iki kibuga cyakira ibihumbi 22 by'abafana. Ntabwo iyi sitade yakira imikino y'umupira w'amaguru gusa, kuko ikunze no kuberamo ibindi bikorwa, birimo inama zitandukanye.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/140570/live-rayon-sports-yakiriye-apr-fc-mu-mukino-usa-nurubanza-amafoto-video-140570.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)