Abakora mu nzego z'ubuzima bahuguwe na SFH Rwanda, basabwe kuba umusemburo w'impinduka - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubwo hasozwaga amahugurwa y'umwaka ku ngeri zinyuranye zirimo amahitamo nyayo y'imirire iboneye, gukoresha ikoranabuhanga mu nzego z'ubuzima ndetse no kwita ku Isi y'ikoranabuhanga, RBC yasabye abahawe ubwo bumenyi kuzabukoresha mu mirimo yabo.

Ni amahugurwa yatanzwe mu gihe cy'umwaka hifashishijwe ikoranabuhanga aho hahuguwe barimo Abanyarwanda n'Abanyakenya biganjemo abasanzwe bakora mu nzego z'ubuzima muri gahunda izwi nka 'OneLearns.'

Prof. Claude Mambo Muvunyi yashimye iyo porogaramu ikomeje gutanga umusaruro mu gukwirakwiza ubumenyi bukenewe muri iki gihe mu konoza imitangire ya serivisi, asaba abahuguwe kubyubakiraho.

Ati 'Ntatekereza ko muzabasha kumva neza icyerekezo cyaba icy'igihugu cyangwa mpuzamahanga, ntatekereza ko dushingiye kuri ubu bumenyi mwahawe muzabasha kumva izo ntego dufite n'uburyo bwo kuzishyira mu bikorwa.'

Yagaragaje ko kuba mu masomo yatanzwe harimo arebana n'uko hakoreshwa ikoranabuhanga haba mu gutanga amakuru cyangwa gukoresha amakuru ndetse no kwiga bishimangira icyerekezo Isi yerekezamo cyo gushingira ku Ikoranabuhanga mu bikorwa binyuranye.

Ati 'Dukeneye kumenya uko twakoresha ikoranabuhanga kandi binyuze muri ayo masomo muzashobora gushaka ibisubizo hifashishijwe ikoranabuhanga ariko noneho no gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga mu kugaragaza no gukemura ibibazo duhura nabyo mu rwego rw'ubuzima rusange.'

Yagaragaje ko nka RBC bazakomeza gushyigikira SFH Rwanda ku buryo icyiciro kizakurikiraho umubare w'abahugurwa waziyongera hagamijwe gutanga ubumenyi kuri benshi.

Umuyobozi Mukuru wa SFH mu Rwanda, Gihana Wandera Manasseh yashimangiye ko abahuguwe bifashishije ubumenyi bahawe bazana impinduka nziza kandi zikenewe.

Yagize ati 'Iki ni ikimenyetso cy'uko turi mu cyerekezo cyiza. Bavuga ko gutera intambwe imwe buri munsi mu cyerekezo cya nyacyo bizakugeza aho ugana. Igifite agaciro ni ukumenya ko turi mu cyerekezo kizima rero ibi ni intambwe idasanzwe.'

Yongeyeho ati 'Mwarahuguwe kandi byinshi byarahindutse, kandi ndemera ko mugiye kuba umusemburo w'impinduka muri sosiyete.'

Ku rundi ruhande Umukozi muri SFH Rwanda, Gahigana Seraphine uri mu bahuguwe yagaragaje ko bungutse ubumenyi buzabafasha guhindura uko bakoraga ibyo bakora.

Ati 'Nungutse ibintu byinshi, haba kwiga kuri porogaramu z'ubuzima twifashishije ikoranabuhanga kubera ko igihe turi kujyamo ari ho kiganira. Urwego rw'ubuzima ntabwo rwasigaye inyuma. Rero twize dusobanukirwa ko umuntu ashobora gukoresha ikoranabuhanga byaba mu buvuzi, mu gushaka ubuvuzi, abaganga cyangwa abatanga serivisi z'ubuzima bakarikoresha.'

Yagaragaje ko ari amahugurwa meza ashobora guhindura imyumvire y'abakora mu nzego z'ubuzima n'izizishamikiyeho agasaba ko imibare yakongerwa kugira ngo ayo mahirwe agere kuri benshi.

Joseph Otieno ukomoka muri Kenya yagaragaje ko ubumenyi yavomye buzatanga umusaruro kuko azabusangiza bagenzi be batabubonye kugira ngo bwifashishwe mu mitangire ya serivisi zinoze.

Abahugurwa bigishwa hifashishijwe ikoranabuhanga n'abaturutse muri Kaminuza zo muri Suède nka KTH Institute of Technology na Mälardalen University kuri buruse ya SFH Rwanda kuko n'impamyabushobozi bahabwa iba iri ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi w'ibitaro bya Kibuye, Dr. Issa Ngabonziza, yagaragaje ko yanyuze muri iyi gahunda kandi ikamufasha kunguka ubumenyi
Umuyobozi Mukuru wa SFH mu Rwanda, Gihana Wandera Manasseh yashimangiye ko abahuguwe bifashishije ubumenyi bahawe bazana impinduka nziza kandi zikenewe
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Prof. Claude Mambo Muvunyi yasabye abakora mu nzego z'ubuzima n'izishamikiyeho bahuguwe n'Umuryango Nyarwanda Uteza imbere Ubuzima, SFH Rwanda, kuba umusemburo w'impinduka mu byo bakora
Umunyamakuru Abera Martina niwe wayoboye uyu muhango
Umunyakenya Njeri Wacheke yishimiye gosoza amasomo
Umulisa Liliane ari mu basoje amasomo yabo
Umukozi mu kigo cya Zipline, Umwari Mireille yashikirijwe impamyabushobozi
Umukozi muri Kaminuza, Mdu Feben Javan ari mu bahuguye abanyeshuri
Ubwo Umwari yatangaga ubuhamya ku byo bungukiye mu mahugurwa
Ubwo Joseph Otieno yashyikirizwaga impamyabushobozi ye
Prof Katarina Batter ni umwe mu bahuguye abanyeshuri
Olle Balter wahuguye abanyeshuri yatanze impamyabushobozi
Nsanzamahoro ubwo yashyikirizwaga impamyabushobozi



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakora-mu-nzego-z-ubuzima-bahuguwe-na-sfh-rwanda-basabwe-kuba-umusemburo-w

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)