Abanyamuryango ba GAERG barenga 170 basoje amasomo mu by'isanamitima n'iterambere - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri aba banyamuryango ba GAERG 170 basoje amasomo harimo 94 bahuguwe mu bijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe by'umwihariko isanamitima ndetse na 76 bahuguwe mu bijyanye n'ubucuruzi no kwihangaira umurimo.

Ni amahugurwa yamaze ibyumweru bibiri bayahabwa na Kaminuza ya Mercer yo muri Amerika yigisha ibijye n'ubucuruzi n'ubuzima bwo mu mutwe.

Abahawe impamyabushobozi bavuze ko ubumenyi bangutse bagiye kubukoresha mu kurushaho guhangana n'ihungabana ndetse no kwiteza imbere kuko kimwe mu biritera harimo n'amikoro make mu mibereho.

Isingizwe Ernestine wahuguwe mu bijyanye n'isanamitima yavuze ko yabonye ubumenyi bwisumbuye mu isanamitima bugiye kumufasha kurivura abandi.

Ati 'Nigishijwe ko hari abantu baba bafite ihungabana ariko batazi ko barifite ndetse n'abandi barifite ariko batazi aho babariza ubufahsa. Tugiye kubegera kugira ngo turusheho gufasha abantu benshi'.

Turikunkiko Athanase usanzwe ari urwiyemezamirimo yavuze ko yavomye ubumenyi mu bijyanye n'ubucuruzi asanzwe akora ariko kandi ko na byo bifitanye isano no kurwanya ihungabana mu muryango mugari.

Yagize ati 'Mfite ikigo gikorera ubucuruzi kuri murandasi. Twize uburyo igenamigmbi ry'ubucuruzi rikorwa ndetse n'ibijyanye no gucunga imari. Twize kandi gutangira ubucuruzi bushobora kuramba kuko haba ubwo abantu babutangira bugahita buhomba kubera kutagira ubumenyi buhagije. Twari dusanzwe dukora ariko ubumenyi twavomye hano twizeye neza ko buzakomeza ubucuruzi bwacu'.

'GAERG si umuryango w'ubucuruzi ariko ni umuryango ukeneye ko umunyamuryango wawo atera imbere. Tugira n'ikigega cyo kwizigamira n'indi mishinga y'ubucurizi ifasha abanyamuryango gutera imbere kuko hamwe byagagaragye ko kimwe mu byongera ihungabana harimo n'ubukene'.

Abarimu bo muri Kaminuza ya Mercer bahuguye aba banyeshuri bavuze ko nka Kaminuza yigisha ubuzima bwo mu mutwe n'ibijyanye n'ubucuruzi bahisemo gutanga umusanzu mu guhangana n'ihungabana ryakomotse kuri Jeonoside mu Rwanda.

Bahisemo kandi no gutanga inyigisho zifasha abakize iryo hungabana cyangwa abakirivurwa kutigunga bakagira ibindi bakora kandi bibateze imbere.

Ntezimana Jean Nepomuscene ukuriye komisiyo y'Isanamitima n'Ubudaheranwa mu nama y'Ubuyobozi ya GAERG, yavuze ko aya mahugurwa ategurwa mu rwego rwo gufasha bamwe mu banyamuryango babo basoje amashuri ariko batarabona akazi.

Yavuze ko ibyo byagiye bitanga umusaruro haba mu gukira ibikomere ndetse no kwihangira imirimo cyangwa bakabona akazi ahandi.

Yongeyeho ko Kaminuza ya Mercer imaze kubahugurira abanyamuryango mu byiciro bigera kuri bitatu ariko muri rusange bakaba banakorana n'abandi bafatanyabikorwa aho hamaze guhugurwa ababarirwa mu 2000 kandi bakaba bateganya kwagura iyo gahunda kugira ngo ifashe benshi kurushaho.

Bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza ya Marcer bifatanyije n'abahawe impamayabushobozi
Umuhanzi nziza Francis yakoze mu nganzo
Bahuguwe ku isanamitima no kwihangira imirimo
Ubuyobozi bwa GAERG bwageneye ishimwe abarimu batanze amahugurwa



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyamuryango-ba-gaerg-barenga-170-basoje-amasomo-mu-by-isanamitima-n

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)