Icyakorwa ahandi ku Isi kirashoboka no muri Afurika - Perezida Kagame afungura Africa CEO Forum - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukuru w'Igihugu yabigarutseho ubwo yatangizaga inama ihuje abayobozi b'ibigo byo muri Afurika, Africa CEO Forum. Ni inama yitabiriwe na Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi; Minisitiri w'Intebe wa São Tomé et Príncipe, Patrice Trovoada n'umugore we Nana Trovoada.

Mu bandi bayitabiriye, harimo Minisitiri w'Intebe wa Côte d'Ivoire, Robert Beugré Mambé.

Perezida Kagame yashimye uruhare abikorera bagira mu iterambere, agaragaza ko ibihe bishize by'icyorezo n'imihindagurikire y'ibihe, byerekanye igikwiriye gukorwa.

Ati 'Mu myaka myinshi, icyagaragaye ni uko imbogamizi duhuriyeho, zishobora gukemuka mu gihe dukoreye hamwe. Ku mugabane wacu ni ingenzi cyane kubaka ubushobozi bwo kubasha gukemura ikibazo icyo ari cyo cyose.'

Yavuze ko Isoko Rusange rya Afurika, CFTA, ryashyizweho kugira ngo rikemure icyo kibazo. Yagaragaje kandi ko abatuye Afurika bakwiriye kubyaza umusaruro amahirwe uyu Mugabane ufite.

Ati 'Uyu munsi hafi 20% by'abatuye Isi ni Abanyafurika. Mu 2050, bazaba ari 25% [...] muri iki kinyejana, Afurika izaba Umugabane ukomeye mu bukungu, ariko kugira ngo tugere ku iterambere, tugomba kuzamura imyumvire yacu.'

Kuri we, ngo ntibikwiriye ko Afurika n'umutungo kamere wayo, wakomeza kubyazwa umusaruro n'abandi, ibyo bawukozemo bakagaruka kubicuruza kuri uyu Mugabane.

Ati 'Ibyo ntibiramba. Ni ibintu byumvikana. Ibi bizafata igihe kandi bizasaba ingufu, ariko Afurika ishobora kubigeraho. Muri byose dukora, mu miyoborere myiza, muri politiki, byose bibigiramo uruhare. Kugira ibisubizo ntibihagije, ubushake bwo kubona ibintu kimwe, guhuriza hamwe, bushobora gutuma ibintu bikorwa neza kandi vuba.'

Perezida Kagame yavuze ko imikorere itaboneye iri mu nzego zose ikwiriye guhindurwa yaba muri politiki, ubucuruzi no muri sosiyete sivile.

Ati 'Ikintu cyose cyakorwa ahandi hose ku Isi, cyakorwa no muri Afurika. Ese kuki tutabikora?'

Iyi ni yo nama ngari yitabirwa n'abayobozi mu nzego z'abikorera muri Afurika. Ni ku nshuro ya kabiri ibereye mu Rwanda.

Umuyobozi wa Africa CEO Forum akaba n'Umuyobozi wa Jeune Afrique Media Group, Amir Ben Yahmed, yavuze ko u Rwanda ari icyitegererezo mu miyoborere ndetse ko hari byinshi ibindi bihugu byarwigiraho.

Ku munsi wa kabiri wayo, hazaba ikiganiro cy'abakuru b'ibihugu kizaba kigaruka ku miyoborere, aho Perezida wa Kenya, William Ruto na Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, bari kumwe na Perezida Kagame bazaba baganira ku ruhare imiyoborere igira mu kugeza Afurika ku ruhando mpuzamahanga. Ni ikiganiro kizayoborwa na Eleni Giokos ukora kuri CNN.

Hazaba kandi ikiganiro kizaba kirimo Aliko Dangote na Patrick Pouyanné uyobora TotalEnergies kizayoborwa na Larry Madowo ukora kuri CNN.

Ni inama iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri, kuko yari yahabereye mu 2019
Abayobozi mu nzego za leta, abayobora ibigo byigenga, abashoramari n'abandi barenga 2000 bitabiriye Inama y'Ihuriro ry'Abayobozi Bakuru b'Ibigo byigenga muri Afurika, 'Africa CEO Forum'
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Francis Gatare, yahaye ikaze mu Rwanda abitabiriye iyi nama
Umuyobozi wa Africa CEO Forum akaba n'Umuyobozi wa Jeune Afrique Media Group, Amir Ben Yahmed, yavuze ko u Rwanda ari icyitegererezo mu miyoborere
Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite ibikenewe byose ahubwo igikwiye gukorwa ari ukubisaranganya no kubibyaza umusaruro
Perezida Kagame yavuze ko abikorera bagira uruhare runini mu iterambere ry'ibihugu n'Isi muri rusange kandi ibibazo birimo icyorezo cya Covid-19 n'imihindagurikire y'ibihe byagaragaje ko hakenewe ubufatanye hagati yabo n'inzego za Leta
Umuyobozi Mukuru w'Ikinyamakuru Jeune Afrique Media Group akaba na Perezida wa Africa CEO Forum, Amir Ben Yahmed, yahaye ikaze abitabiriye iyi nama, ashimira Perezida Kagame n'u Rwanda muri rusange rwemeye kuyakira ku nshuro ya kabiri ibereye i Kigali
Umunyamakuru Fifi Peters ni we wari uyoboye ibiganiro
Ni Inama yahuriyemo abayobozi mu nzego za leta ndetse no mu nzego z'abikorera ku Mugabane wa Afurika
Umuyobozi w'Ikigega cy'Imari cya Banki y'Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation), Makhtar Diop, yagaragaje ko Ihuriro ry'Abayobozi Bakuru b'Ibigo byigenga muri Afurika, rimaze kuba urubuga rwo guteza imbere abikorera n'abashoramari kuri uyu Mugabane



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/icyakorwa-ahandi-ku-isi-kirashoboka-no-muri-afurika-perezida-kagame-afungura

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)