Itsinda ry'Abofisiye b'u Bwongereza ryasuye Rwanda Peace Academy - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iri tsinda ryari riyobowe n'Umuyobozi wa Royal College of Defense Studies (RCDS), Lt Gen (Rtd) Sir George Norton.

Ni uruzinduko rwabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Gicurasi 2024, hagamijwe kumenya uruhare n'imikorere ya RPA nk'ikigo gitangirwamo amahugurwa kigakorerwamo n'ubushakashatsi ku bijyanye n'amahoro mu karere.

Iri tsinda ryasobanuriwe impamvu-muzi z'itangizwa rya RPA, intego zayo, gahunda n'ibikorwa bya Rwanda Peace Academy ndetse rinamurikirwa ibyo iri shuri rimaze kugeraho.

Ishuri rya Royal College of Defense Studies- RCDS, riherereye i Londres mu Bwongereza, rikaba ritangirwamo amahugurwa ku bofisiye bakuru b'igisirikare cy'iki gihugu, abo mu mirimo ya leta y'iki gihugu, abakora imirimo ya leta mu by'umutekano mu mahanga, hagamijwe kubongerera ubushobozi.

Itsinda ry'abofisiye 19 baturutse mu Ishuri ry'igisirikare cy'u Bwongereza, RCDS, ryagiriye uruzinduko rw'akazi mu Rwanda



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/itsinda-ry-abofisiye-b-u-bwongereza-ryasuye-rwanda-peace-academy

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)