35" Igitego cya Bugesera FC. Bugesera FC itsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Byiringiro David kuri kufura ateye yijyanamo
28" Muhoza Daniel umwe mu bakinnyi bakiri bato muri iyi shampiyona ukina ikipe ya Etoile, azamukanye umupira imbere y'izamu ahereje Sadick Sulley umupira awupfusha ubusa
Uyu mwaka w'imikino watangiye intara y'I Burasirazuba ifite amakipe 4 mu cyiciro cya mbere gusa kuri uyu mugoroba harasigaramo amakipe 2 gusa kuko hagati ya Bugesera FC, Etoile na Sunrise FC hagomba gusigara imwe isanga Muhazi United
Iminota 25 irashize amakipe yombi akinganya Ubusa ku busa, gusa ikipe ya Bugesera FC iromo iraganza Etoile
11" Ikipe ya Etoile izamukanye umupira neza Sadick ashatse guhereza Daniel wari imbere y'izamu ariko umusifuzi avuga ko habayeho kurarira
Kurundi ruhande i Nyagatare ikipe ya Sunrise FC ibonye igitego cya mbere gitsinzwe na Robert Mukogotya ku munota wa 09
03" Aamakipe yombi atangiye asatirana ndetse mu minota 3 gusa aya makipe yose ageze imbere y'izamu n'ubwo nta buryo bukomeye bwabayeho
15:00" Umukino uratangiye. Ikipe ya Etoile niyo itangije umukino ku mupira utewe na Sadick Sulley. Inyarwanda ibahaye ikaze nanone ku kibuga cy'akarere ka Ngoma ahatangiye umukino w'amateka uri guhuza Etoile de l'Est na Bugesera FC
14:55" Amakipe yombi arimo kwifotozaÂ
14:52" Amakipe yombi avuye mu rwambariro mu kanya gato umukino uraba utangiye
14:43" Imvura irongeye iguye ari nyinshi cyane Abafana nabo baje kugama ahatwikiriye cyangwa se mu myanya y'icyubahiro
14:41" Bugesera FC nayo isubiye mu rwambariro mu gihe imvura yari igabanyutse
14:37" Etoile de l'Est isubiye mu rwambariro
14:33" N'ubwo izuba ryavaga, imvura imanukanye imbaraga nyinshi mu gihe amakipe yari akirimo kwishyushya
Abakinnyi 11 Ikipe ya Etoile de L'Est yabanje mu kibuga
Habineza Fils Francais
Mumbere Jermie
Turatsinze John
Alex Olulu
Ndayishimiye Celestin
Batagatifu Yves
Sadick Sulley
Gihozo Basir
Fatai Abdullah
Muhoza Daniel
Niyonshuti Yusufu
Emmy Fire ukora akazi ko guhagararira inyungu, z'abakinnyi, yaje kwihera ijisho abakinnyi be bari muri Etoile na Bugesera FC
Ani Elijah rutahizamu wa Bugesera FC ufite ibitego 15 muri shampiyona, ntabwo yakinnye uyu mukino kubera amakarita 3 y'umuhondo, hano akaba yarimo kuganira na Eric Nshimiyimana watangiye shampiyona ari umutoza wa Bugesera FCÂ
Abakinnyi 11 Bugesera FC yabanje mu kibuga
Niyongira Patience
Nshimiyimana David
Niyomukiza Faustin
Isingizwe Rodirque
Dukundane Pacific
Byiringiro David
Ntakiyimana Theotime
Gakwaya Leonard
Tuyihimbaze Gilbert
Dushimimana Olivier
Ssentongo Farouk Ruhinda
AMAFOTO AGARAGAZA ABAKUNZI BA ETOILE DE L'EST BIYEMEJE KUGWA KU IKIPE YABO
14:09" Ikipe ya Bugesera FC nayo ikaba yinjiye mu kibuga aho iri kwishyuhiriza ku ruhande rugana i Kirehe
14:00" Ikipe ya Etoile de l'Est yinjiye mu kibuga abakinnyi bakaba baje kwishyushya mbere y'uko umukino utangira
Ni umukino udasanzwe ugiye guhuza amakipe yombi y'i Burasirazuba, ndetse ukaba umukino usobanuye byinshi kuri aya makipe ahekeranye ku rutonde rwa shampiyona.
Ikipe ya Etoile de L'Est iri ku mwanya wa 14 n'amanota 31, igakurikirwa na Bugesera FC iri ku mwanya wa 15 n'amanota 29.
Mu gihe Etoile de L'Est yatsinda uyu mukino yahita iguma mu cyiciro cya mbere nta mananiza mugihe na Bugesera FC nayo itsinze ari uko byagenda. Mu gihe aya makipe yanganya, byateza ingaruka z'uko ashobora guhita amanukana mu gihe Sunrise FC iri ku mwanya wa nyuma yaba yatsinze Marine FC.
Abana bo mu karere ka Ngoma biri kubasaba kurira ibyuma kugira ngo birebere uyu mukino w'amateka
Ubwo InyaRwanda yageraga kuri sitade ya Ngoma, yasanze abafana ari benshi bategereje kwinjira
Bugesera FC yageze kuri sitade isanga Etoile yamaze kwinjira
Hoziana Kennedy umwe mu bakinnyi bamaze igihe muri Bugesera FC ubwo yageraga kuri sitade aje gutabara ikipe ye
Bakame umutoza w'abanyezamu ba Bugesera FC, ari kubaza Ani Elijah uburyo yageze i Ngoma
Garingingo umutoza wa Bugesera FC agomba kudakora ibara ryo kumanura ikipe mu cyiciro cya kabiri kuva yagera mu Rwanda