Mpayimana Philippe yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mpayimana wari uherekejwe n'itsinda ry'abantu bane yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, Oda Gasinzigwa.

Mpayimana asanzwe ari umukozi wa leta muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, aho ari impuguke ishinzwe uruhare rw'abaturage mu kwishakamo ibisubizo. Ni umwanya yagiyeho mu Ugushyingo mu 2021.

Mu matora aheruka yiyamamaje nk'umukandida wigenga agira amajwi 0,73%. Nyuma yo gitsindwa yashatse no kwinjira mu Nteko ishinga Amategeko muri 2018 ariko nabwo ntiyahirwa n'urugendo.

Ibyangombwa bisabwa ushaka kuba umukandida ku mwanya wa Perezida byose yabitanze ndetse yagaragaje ko yizeye kongera gusohoka ku rutonde ntakuka rwa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora rw'abemerewe kwiyamamaza.

Yabwiye IGIHE ko mu mpamvu zatumye afata umwanzuro wo kuziyamamaza, harimo 'ikibazo cy'ingorabahizi cy'Abanyarwanda bahunze u Rwanda mu 1994 bari mu mahanga nta kintu na gito cyo kwiyegereza igihugu cyabo bafite.

Ati 'Baracyafite imyumvire y'icyo gihe kandi ni Abanyarwanda tutagomba gutererana. Dukeneye za gahunda nshya zituma aho bari batangira kwisanisha no gukorana n'igihugu cyabo.'

Mpayimana yagaragaje ko mu rugendo rwo gushaka imikono y'abantu bashyigikira kandidatire ye bitari byoroshye kuzenguruka igihugu cyose ariko ko yabashije kuyigeraho akanayirenza.

Nubwo Mpayimana yatsinzwe muri 2017 ariko kuri ubu ngo yifitiye icyizere gihagije kandi ngo agishingira ku kuba ibyo ashaka atari ze bwite.

Mpayimana wari uherekejwe n'itsinda ry'abantu bane yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, Oda Gasinzigwa
Mpayimana asanzwe ari umukozi wa leta muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu
Mpayimana Philippe yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida

Amafoto: Kwizera Hervé




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mpayimana-philippe-yongeye-gutanga-kandidatire-ku-mwanya-wa-perezida

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)