RRA n'ibigo bituranye bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaremera inka imiryango 72 yayirokotse - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni umuhango wabaye ku wa 10 Gicurasi 2024, mu Karere ka Gisagara, mu Murenge wa Ndora ku rwibutso rwa Kabuye, ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 50 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe.

Mu buhamya bwa Muzehe Ruzindana Benoit w'imyaka 73 warokotse Jenoside akaba anatuye i Gisagara, yagarutse ku itotezwa we na bagenzi be babayemo mbere ya Jenoside bazira ko ari Abatutsi ndetse n'uburyo urwango Gitera Joseph unavuka i Gisagara yigishije rwari rwacengeye, indunduro yarwo ikaba Jenoside yabaye mbi cyane.

Mu Karere ka Gisagara haruhukiye imibiri isaga ibihumbi 180 hirya no hino mu nzibutso, mu gihe nyamara aka karere, imirenge 7 yose ikora ku Burundi, aho abahatuye n'abahahungiye bakabaye barabashije guhunga.

Komiseri Mukuru Wungirije wa RRA, Kaliningondo Jean Louis, wavuze mu izina ry'abandi bayobozi, yavuze ko bateguye iki gikorwa bagamije gufata mu mugongo abakozweho na Jenoside ndetse no kubereka ko igihugu kibakunda.

Ati 'Twaje kubakomeza ngo tubabwire ko mutari mwenyine kandi mufite igihugu kibakunda. Ibi tubikora buri mwaka aho dushaka aho tujya kwifatanya n'abaturage. Tuzi neza amateka mabi ya Gisagara, ko ari ho havukaga abahembereye urwango mu gihugu harimo Joseph Gitera na Perezida Sindikubwabo washyize mu bikorwa Jenoside.'

Kaliningondo yakomeje avuga ko muri iyi myaka 30 ishize Jenoside ihagaritswe, Leta yakoze ibishoboka byose ngo yongere yubake ubumwe bw'abanyarwanda ari nayo mpamvu ibikorwa by'amajyembere bikorwa.

Yavuze ko biyemeje kuza kubasura ngo banaremere abatishoboye muri bo, bityo nabo barusheho kongera kumva icyanga cy'ubuzima.

Ati 'Ntabwo twaje imbokoboko, twitwaje sheki ya miliyoni 50 zo kuguramo inka zizorozwa imiryango 72 ndetse n'izindi miliyoni 2 zizavamo mituweli z'abantu 700. Tugomba kwishakamo ibisubizo ntiturangamire inkunga zo hanze, kuko hari igihe amahanga yatereranye u Rwanda muri Jenoside kandi byaduhaye isomo.''

Komiseri muri Ibuka ku rwego rw'igihugu, Ndagijimana Laurent, yashimye ibi bigo byagabiye abacitse ku icumu avuga ko bigaragaza ubumuntu.

Yagize ati' Ibi ni ubumuntu kandi ni ubuntu. Izi nka mutanze ni ikimenyetso cy'urukundo kuko mwazibazaniye mutababajije. Ni n'ikimenyetso cy'ubukungu kuko inka iguha ibyayo byose ari amata n'ifumbire n'amafaranga. Uguhaye inka, akanaguha uburyo bwo kwivuza [mituweli] ntacyo aba ataguhaye.''

Yongeyeho kandi, ko iki ari ikimenyetso cy'uko Leta yitaye ku baturage bayo, kuko ababagabiye bavuye mu mashami yayo, maze abwira abarokotse ati 'nimube muretse gusaza, ibyiza biracyaza.'

Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome yashimye ibi bigo byaremeye abaturage batishoboye, abizeza ko abazigabiwe bazazifata neza.

Yavuze ko iki gikorwa gishimangira ko u Rwanda rwatsinze ikibi, ubuzima bukaba bukomeje, anongeraho ko kije cyunganira gahunda y'akarere yiswe inka ku muryango.

Ati 'Ibi biruzuzanya na gahunda y'akarere y'inka kuri buri muryango, bikazadufasha kwiyubaka ,abantu bongere kunywa amata, babone ifaranga, bahinge beze kuko bano turi akarere k'ubuhinzi.'
Mu Karere ka Gisagara, habarurwa imiryango isatira 500 y'abacitse ku icumu rya jenoside imaze korozwa inka , gusa ubuyobozi bukavuga ko hakiri indi 78 igisagaye itarorozwa, aho ikomeje gukorerwa ubuvugizi ngo nayo igerweho n'inka.

Kwihuza kw'ibi bigo 3 ari byo RRA, OAG na NEC mu bikorwa byo kwibuka, bishingira ku kuba n'ubundi ibi bigo bikorera mu nyubako imwe ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Abayobozi bakuru baherekejwe na Meya Rutaburingoga Jerome, nabo bashyize indabo aharuhukiye imibiri.
Inzego zitandukanye zari zitabiriye iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 i Kabuye muri Gisagara.
Komiseri muri Ibuka ku rwego rw'igihugu, Ndagijimana Laurent, yashimye ibigo byagabiye abacitse ku icumu,avuga ko bigaragaza ubumuntu ndetse n'ubuntu.
Abayobozi bungirije b'ibigo uko ari bitatu bagiye kwibuka no kuremera abacitse ku icumu i Gisagara.
Mutuyimana Esther, yavuze ko yakuriye mu bupfubyi bwa Jenoside bwanatumye abyara imburagihe acikiriza amashuri yavuze ko nyuma yo kubona inka yari amaze iminsi asengera yumva ubuzima bugiye kuba bwiza.
Komiseri Mukuru Wungurije wa RRA, Kaliningondo Jean Louis, wavuze mu izina ry'abandi bayobozi, yavuze ko baje gufata mu mugongo abakozweho na Jenoside i Gisagara ndetse no kubereka ko igihugu kibakunda.
Abakozi bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 50 ziruhukiye i Kabuye muri Gisagara, banabatura indabo.
Ubuyobozi bwa RRA, OAG na NEC bwashyikirije sheki ya miliyoni 50 zisaga ubuyobozi bwa Ibuka ku rwego rw'igihugu nayo izishyikiriza Akarere ka Gisagara,ari nazo zavuyemo inka 72
Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, yashimye ibi bigo byaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ,abizeza ko abazigabiwe bazazifata neza
Ubwo berekezaga aharuhukiye imibiri bafite n'indabo zo kubatura bishushanya urukundo.
Akarere ka Gisagara kandi kanashyikirijwe seki ya miliyoni 2Frw zizishyurira abantu 700 batishoboye mituweli, muri abo hakazaba harimo n'abacitse ku icumu batishoboye.
Bamwe mu borojwe inka bari kumwe n'abayobozi.
Akimana Celestin, umwe mu borojwe inka, yabwiye IGIHE ko agiye kugira ubuzima bwiza we n'umuryango we kuko bazajya bahinga bakeza babikesha ifumbire, kandi bakananywa amata.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabuye muri Gisagara



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rra-n-ibigo-bituranye-bibutse-jenoside-yakorewe-abatutsi-banaremera-inka

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)