Aline Gahongayine na Pease basezekaye mu Bubiligi gufasha Mbonyi gusohora Album #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imanana; Peace Hoziana uzwi cyane nka Peace Hozy na Aline Gahongayire bamaze gusesekara mu gihugu cy'u Bubiligi, aho bagiye gushyigikira mugenzi wabo, Israel Mbonyi mu gitaramo cya kabiri agiye kuhakorera.

Aline Gahongayire na Peace Hoziana bageze muri kiriya gihugu, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 6 Kamena 2024, bakiriwe na Karekezi Justin washinze 'Team Production' wateguye iki gitaramo kigamije kumurika Album 'Nk'umusirikare' ya Israel Mbonyi.

Uyu muzingo(Album) uriho indirimbo nka 'Nina Siri' yamamaye mu buryo bukomeye, yayimurikiye Abanyarwanda mu Intare Conference Arena mu 2023, ubwo yafataga amashusho yayo, yongera kubishimangira mu kwezi k'Ukuboza 2023, ubwo yataramiraga ibihumbi by'abantu muri BK Arena akayuzuza.
Gahongayire yabwiye InyaRwanda  dukesha iyi nkuru ko kujya gushyigikira Israel Mbonyi biri mu murongo w'ivugabutumwa no gushyigikirana nk'abahanzi bari mu rugamba rwo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana; Ati 'Israel Mbonyi turi inshuti hejuru yo kuba ari umunyamuziki mugenzi wanjye. Rero, uru rugendo twaruteguye mu rwego rwo kumushyigikira mu Bubiligi.'

Uyu muhanzi yasohoye amashusho asaba  abantu kuzitabira iki gitaramo cyahujwe no kumurika Album ya Israel Mbonyi, agaragaza ko atewe ishema kuba ari kumwe na Peace Hoziana n'abandi mu rugendo rugamije kwagura ivugabutumwa babicishije mu kuririmba.

Peace Hoziana asanzwe ari umuhanzikazi uzwi mu ndirimbo nka 'Ruhuka', ariko ni umwe mu bakobwa bafasha mu miririmbire Israel Mbonyi mu ndirimbo nyinshi agenda ashyira hanze mu bihe bitandukanye.
Aline Gahongayire yerekeje mu Bubiligi mu gihe amaze iminsi ari gukora kuri Album ze eshatu, harimo iri mu rurimi rw'Ikinyarwanda, Icyongereza ndetse n'Igifaransa.

Amakuru avuga ko imwe muri iyi Album izajya hanze muri uyu mwaka. Karekezi Justin aherutse kubwira InyaRwanda ko bongeye gutumira Israel Mbonyi kubera ko yabashimishije mu mwaka wa 2023 ubwo yabataramiraga ku nshuro ye ya mbere.  Ati 'Nitwe twamutumiye! Israel Mbonyi hano yaradushimishije cyane kuko aba anakora umurimo w'Imana, byafashije benshi ku buryo yaba ari abamubonye n'abataramubonye bibashimishije cyane kuba agarutse.'

The post Aline Gahongayine na Pease basezekaye mu Bubiligi gufasha Mbonyi gusohora Album appeared first on KASUKUMEDIA.COM.



Source : https://kasukumedia.com/aline-gahongayine-na-pease-basezekaye-mu-bubiligi-gufasha-mbonyi-gusohora-album/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=aline-gahongayine-na-pease-basezekaye-mu-bubiligi-gufasha-mbonyi-gusohora-album

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)