Bull Dogg na Riderman bagiye gukora igitaramo... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Babigarutseho mu kiganiro cyihariye bagiranye na InyaRwanda, nyuma y'uko bashyize hanze iyi Album iriho indirimbo esheshatu zitsa ku ngingo zinyuranye.

Bull Dogg yavuze ko batangiye gushaka abafatanyabikorwa kugira ngo bazakore iki gitaramo. Ati 'Igitaramo cyo kigomba kubaho, turi kubikoraho cyane, turi gushyiramo imbaraga nyinshi, ku buryo turi gushaka n'abaterankunga n'abantu babidufashamo, kuko igitaramo ntabwo ari ikintu cyoroshye. Ukeneye aho gukorera, ibikoresho nkenerwa, kandi atari 'concert' nto, ahubwo nini.'

Yavuze ko hamwe n'Imana 'tuzakora igitaramo kinini kandi cyiza'. Riderman yavuze ko batangiye gutekereza iki gitaramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo bya benshi mu bafana babasabye ko bakora igitaramo cyo kumurika iki gitaramo. Ati 'Ni muri uyu mwaka. Bigiye mu mwaka byaba ari cyera cyane.'

Riderman yavuze ko gukora iyi Album bari bagamije 'guha abantu ibyo bari bakumbuye kandi natwe ubwacu twari dukumbuye gukorana'. Ati 'Guhurira ku mushinga nk'uyu munini, ntabwo ari icyari kigamijwe ari amafaranga, ntabwo twajya mu byo twashoye cyangwa icyo tuzavanamo, icyo twari tugamije ni ugushimisha abantu.

Iyi Album yayishyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024. Iriho indirimbo yise 'Hip Hop" yatunganyijwe mu buryo bw'amajwi na Inthecity afatanyije na Knoxbeat, iriho kandi indirimbo bise 'Miseke Igoramye' yakozwe na Firstboy na Knoxbeat, 'Amategeko 10' yakozwe na Knoxbeat, 'Nkubona Fo' yakozwe na Dr Nganji ndetse na Knoxbeat, 'Muba Nigga' yakozwe na Knoxbeat ndetse na 'Bakunda Abapfu' yakozwe na Kdagreat na Knoxbeat.

Iherekejwe n'ibimenyetso birimo nk'icy'umusaraba, amataratara (Lunette) ndetse n'ikimenyetso cy'umunzani usobanura amategeko.

Riderman aherutse kubwira InyaRwanda ko atari we wahisemo izina bise iyi Album "Icyumba cy'amategeko", ahubwo ni igitekerezo cya mugenzi we Bull Dogg washingiye ku izina ry'indirimbo ya Gatatu 'Amategeko 10' iri kuri iyi Album.

Ati "Izina 'Icyumba cy'amategeko' ntabwo ari njye warihisemo mu by'ukuri. Ni izina rigendeye ku ndirimbo ya Gatatu iriho yitwa 'Amategeko 10, izina ariko ntabwo ari njye warihisemo, ni igitekerezo cya Bull Dogg. Nabivuga gutyo mu magambo macye."

Riderman yumvikanishije ko gukorana na Bull Dogg birenze kuba ari inshuti z'igihe kirekire, ahubwo ni umuraperi mwiza buri wese ushaka gukora Hip Hop yakwifuza gukorana nawe.

Yumvikanishije ko ubushuti bwe na Bull Dogg bwagiye bwaguka, ahanini binanyuze mu ndirimbo bagiye bakorana bombi ndetse n'izo bagiye bahuriramo n'abandi.

Ati "Ubwa mbere gukorana na Bull Dogg ni uko ari umuraperi mwiza, umuraperi twakoranye kuva cyera, ngirango abantu bazi indirimbo nyinshi twakoranye nawe, yaba ari izo nakoranye nawe nkanjye ku giti cyanjye, cyangwa se izo twakoranye duhiriyemo nk'abahanzi benshi, twembi tukazihuriramo."

Riderman yavuze ko Bull Dogg ari 'umuraperi mwiza' kandi akundira ibihangano. Azirikana ko Bull Dogg ari umuraperi bafite byinshi bahuje kuko bombi barerewe muri Saint-Andre mu Rwezantwari.

Bombi baninjiye mu muziki mu gihe kimwe (ikiragano). Ati "Twaje mu myaka imwe, twinjira mu muziki, ikindi nanone ni umuntu uhozaho. Guhera cyera ngirango ntiyigeze ahagaragara gukora ibihangano, nk'uko ntajya ntigeze mpagarara gukora ibihangano. Mfite icyubahiro cyinshi kuri we, kandi nawe amfite icyubahiro kuri njye. Rero, gukorana byari byoroshye cyane."


Bull Dogg na Riderman batangaje ko muri uyu mwaka bazakora igitaramo cyo kumurika Album 'Icyumba cy'amategeko'


Riderman na Bull Dogg bavuze ko bakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo kongera guha ibyishimo abafana

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BULL DOGG NA RIDERMAN

">

VIDEO: Dox Visual



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/143819/bull-dogg-na-riderman-bagiye-gukora-igitaramo-cyo-kumurika-album-icyumba-cyamategeko-video-143819.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)